Abashumba 35 bo muri ADEPR bahamijwe Jenoside yakorewe Abatutsi bambuwe inshingano

245 0

Ubuyobozi bw’Itorero ADEPR mu Rwanda bwatangaje ko abantu 35 bambuwe inshingano za gishumba n’iz’ububwirizabutumwa baherewe mu itorero rya Pentekote ry’u Rwanda – ADEPR , kuko bahamijwe icyaha cya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

Bikubiye mu itangazo ryashyizwe hanze n’ubuyobozi bukuru bw’iri torero ku wa Gatatu tariki ya 18 Werurwe 2026.

Ubuyobozi bwa ADEPR bwaherekesheje iri tangazo urutonde ruriho abantu 35 bambuwe inshingano za Gishumba n’iz’ububwirizabutumwa barimo ababarizwa hanze y’u Rwanda mu bihugu birimo Ububiligi, abari mu turere dutandukanye tw’u Rwanda no mu magororero atandukanye yo mu Rwanda, bahamijwe ibyaha bya Jenoside bakoze mu 1994 mu bice bitandukanye by’Igihugu bakoreragamo ubutumwa.

Ibi bikaba byakozwe hashingiwe ku bikubiye mu mategeko agenga iri torero, harimo ingingo ya 22 igika cya mbere agaka ka 19 n’iya 33 igika cya mbere agaka ka 12 z’ Amategeko Shingiro y’ltorero rya Pentekote ry’u Rwanda-ltorero ADEPR yo ku wa 13/09/2021.

Ubuyobozi bwa ADEPR kandi bwashingiye ku ngingo ya 13 igika cya mbere agaka ka 12, iya 32 n’iya 38 z’amabwiriza agenga abanyamuhamagaro bafite Inshingano za gishumba, ababwirizabutumwa n’abadiyakoni mu itorero ADEPR, yo ku wa 16/10/2025.

Hanashingiwe ku mwanzuro w’inama nkuru y’abashumba y’itorero ADEPR yateranye ku ya 22/10/2025 na 11/02/2026 igasuzuma ingingo zirimo iy’umunyamuhamagaro ufite inshingano za gishumba wahamijwe n’inkiko z’igihugu zibifite mu nshingano, icyaha cya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

 

Sean P

NSANZABERA Jean Paul uzwi nka Sean P ni Umwanditsi w’inkuru ufite ubumenyi n’ubushishozi mu ruganda rw’imyidagaduro rwo mu Rwanda , aho amaze kurugiramo uruhare rukomeye kuva mu 2010. Yanakoranye n’itangazamakuru ritandukanye hano mu Rwanda mu gihe kirenga imyaka 15. Afite inyota yo gukurikirana amakuru agezweho no kuyageza ku basomyi mu buryo bwihuse. Ushobora kumumenya no kumukurikira kurushaho unyuze ku mbuga ze nkoranyambaga.

Related Post

Leave a comment

Your email address will not be published. Required fields are marked *