Abagize Urban Boys nyuma y’imyaka 8 bongeye guhurira I Kigali

52 0

Mu ijoro  ryo  ku wa 21 rishyira  ku wa 22 Nyakanga 2026 ahagana isaha ya  saa sita na 45  nibwo  abari bagize  Itsinda ry’Urban Boys Humble Jizzo , Safi Madiba na Nizzo Kaboss  bongeye guhura .

Ibi bibaye nyuma  y’imyaka irenga  umunani aba bagabo badahura amaso ku maso  aho byari ibyishimo byinshi ku bantu batandukanye barimo Muyoboke  Alexis . abagize itsinda ryo Muri East African Promoters yabatumiye kuzatamira mu bitaramo bya  MTN Iwacu Muzika  ndetse n’abanyamakuru bari  bariraye  baje kwakira  abo bagabo ku kibuga mpuzamahanga cya Kigali.

Bakigera  ku kibuga cy’Indege  mu minota Mike bamaze  ku kibuga cy’Indege  Humble Jizzo  wari Uvuye muri Kenya na Safi Madiba wari uvuye muri Canada baganiriye  n’itangazamakuru batangaza byinshi  ku kongera guhura nyuma y’igihe kinini  batabonana bose

Humble Jizzo yavuze ko atari Abanyarwanda gusa babakumbuye, ahubwo na bo ubwabo bari bakumbuye kongera kuririmbana imbere y’abakunzi babo.

Ati “Ni ibintu byiza. Nk’uko ubivuze, hari hashize imyaka umunani. Gusa nta cyahindutse ku buryo abantu badufata. Ahubwo turashaka kurenza ibyo twabahaga mbere. Abantu baradukumbuye, natwe twari dukumburanye. Iyo abantu bahuye bamaze igihe bakumburanye, uba uzi ibyishimo bibaranga.”

Nizzo Kaboss yavuze ko abazitabira igitaramo bazahuriramo bakwiye kwitega ibyishimo byinshi.

Ati “Bitege ibyishimo kuko natwe turishimye. Twari dukumbuye kongera gutaramana n’abakunzi bacu no kongera kubabona.”

.Babajijwe niba kongera guhura kwabo kuzakurikirwa no gukora indirimbo nshya, Nizzo Kaboss yavuze ko ibisubizo birambuye abantu bazabimenya nyuma y’igitaramo bazakorera i Rubavu ku wa 1 Kanama 2026.

Ati “Byose birashoboka, ariko ibindi reka tuzabimenye nyuma yaho.”

Mu buryo bwo gutebya, Safi Madiba yahise amwunganira ati “Uko tuzasa ntikurerekanwa. Icy’ingenzi ni uko tuzajya i Rubavu, ibindi turi hano, nibiba ngombwa tuzabitangaza.”

Biteganyijwe ko  Itsinda  rya  Urban Boys  ryegukanye Irushanwa rya  Primus  Guma Guma  Super Star  rya  Gatandatu mu ijoro ryo  ku wa 13 kanama 2016 kuri stade amahoro rizataramira  mu gitaramo MTN Iwacu Muzika Festival  ku tariki ya 1 Kanama 2026 mu karere ka Rubavu

 

Sean P

NSANZABERA Jean Paul uzwi nka Sean P ni Umwanditsi w’inkuru ufite ubumenyi n’ubushishozi mu ruganda rw’imyidagaduro rwo mu Rwanda , aho amaze kurugiramo uruhare rukomeye kuva mu 2010. Yanakoranye n’itangazamakuru ritandukanye hano mu Rwanda mu gihe kirenga imyaka 15. Afite inyota yo gukurikirana amakuru agezweho no kuyageza ku basomyi mu buryo bwihuse. Ushobora kumumenya no kumukurikira kurushaho unyuze ku mbuga ze nkoranyambaga.

Related Post

Leave a comment

Your email address will not be published. Required fields are marked *