Menyekanisha Impano z’Umwana Wawe muri Summer Special Vacation Program!

60 0

Mu gihe abana bari mu biruhuko, ni amahirwe meza yo kubafasha gukoresha neza umwanya wabo, bakiga ibintu bishya bibubaka kandi bibategurira ejo hazaza.

Ni muri urwo rwego, Playing for Change Rwanda ku bufatanye na Iganze Event Company, bateguye gahunda idasanzwe yiswe Summer Special Vacation, igamije gufasha abana kuvumbura impano zabo no kuziteza imbere.

Iyi gahunda yakira abana bafite guhera ku myaka 4 kuzamura, ikaba ibafasha kwiga ubumenyi butandukanye mu buryo bushimishije kandi bwubaka impano zabo.

Amasomo atangwa iminsi itanu mu cyumweru (Kuwa Mbere kugeza Kuwa Gatanu), aho abana bahabwa amahirwe yo kwitoza no gukura mu bumenyi butandukanye.

Nkuko  twabitangarijwe na Robert Niyikiza  Umuyobozi  Mukuru wa Playing For Change  Rwanda  yatubwiye  ko muri  iyi  gahunda  ya Summer Special Vacation abana bazahabwa  amasomo  arimo :Kuririmba (Vocal Training),Gucuranga Piano,Gucuranga Guitar,Gucuranga Ingoma (Drum Lessons),Music Theory,Rhythm & Percussion,Imbyino (Dance Lessons) ndetse  bongereho  n’amasomo y’Icyongereza (English Classes) n’Igifaransa (French Classes)

Nkuko  yakomeje  kubitubwira iyi gahunda igamije gufasha abana gukura bafite icyizere, ubuhanga, ubuhanzi ndetse n’ubumenyi bw’indimi zibafasha guhangana n’isi y’iki gihe.

Yasoje  avuga  ko aya  ari amahirwe akomeye ku babyeyi bifuza ko abana babo bamara ibiruhuko mu bikorwa bifite akamaro aho kubipfusha ubusa abasaba  kuzan abana babo bakarushaho gukabya inzozi zabo .

Amasomo azabera mu Kigali, Nyamirambo, kandi imyanya iracyari mike Ni ngombwa kwihutira kwandikisha umwana wawe mbere y’uko imyanya yose yuzura.

Abifuza  kuzana abana babo  cyangwa  bashaka  amakuru arambuye  kuri iyi gahunda bahamagara kuri  izi numero cyangwa bakandika kuri whatsapp  0788 353 907

0788 622 852 Ntucikwe! Ha umwana wawe amahirwe yo kwigaragaza, guteza imbere impano ye no kubaka ejo heza binyuze muri Summer Special Vacation Program.

“Let Your Talent Shine!” Impano y’umwana wawe ishobora kuba intangiriro y’ejo hazaza he heza.

 

Sean P

NSANZABERA Jean Paul uzwi nka Sean P ni Umwanditsi w’inkuru ufite ubumenyi n’ubushishozi mu ruganda rw’imyidagaduro rwo mu Rwanda , aho amaze kurugiramo uruhare rukomeye kuva mu 2010. Yanakoranye n’itangazamakuru ritandukanye hano mu Rwanda mu gihe kirenga imyaka 15. Afite inyota yo gukurikirana amakuru agezweho no kuyageza ku basomyi mu buryo bwihuse. Ushobora kumumenya no kumukurikira kurushaho unyuze ku mbuga ze nkoranyambaga.

Related Post

Leave a comment

Your email address will not be published. Required fields are marked *