Umuraperi Ndayishimiye Steven wameneyekanye nka Major mu itsinda rya Flat Papers ryakunzwe cyane mu Rwanda mu myaka yashize yagarukanye imbaga nyinshi mu ndirimbo ye Nshya yise Vibes Mpagaze izasohoka muri EP ye
Uyu muraperi usigaye utuye muri Mozambique aho yagiye gukomereza ibikorwa bisanzwe akaba ari naho ari gukorera Umuziki we muri iyi minsi .
Mu kiganiro n’umunyamakuru wacu yamuhishuriye byinshi kuri gahunda ze mu muziki aho yamubwiye ko nubwo atari mu Rwanda ari kwitegura ibintu byinshi birimo gushyira hanze EP nshya ndetse no kumurika Alubumu .
Yagize “ sinicaye ubusa muri iyi minsi nkuko nabikubwiye namaze gushyira hanze indirimbo yanjye nshya nise “ Vibes Mpagaze akab ari nayo nitiriye EP yanjye nshya nzasohora vuba cyane uretse iyo ndi no ku musozo wa alubumu yanjye nifuza kuzamurikira I Kigali mu minsi ya Vuba
Yakomeje avuga ko nubwo yatangiye guhsyira hanze zimwe mu ndirimbo zigize EP yanjye hari ni zindi nynshi ndi gukorna naba producer bo mu Rwanda ndetse n’Abahanzi bakomeye mwamenye mu njyana ya Hip Hop nka Mukuru wa Ndayishimiye Berttrand muzia nka Bull Dogg na bandi benshi muzagenda mumenya uko indirimbo zizagenda zisohoka
Major X yamenyekanye cyane mu itsinda rya Flat Papers, ryari riri mu yakunzwe mu muziki nyarwanda mu myaka yatambutse.
Mu gusoza Major X yasabye abakunzi be batamuheruka gukomeza kumuba hafi ndetse no kumushyigikira mu bikorwa kuko mu minsi ya vuba cyane azabamurikira ibikorwa byinshi amazeigihe abahishiye .



