Erias Lukwago yajyanywe mu Bitaro bya Mulago

65 0

Uwahoze ari Meya w’Umujyi wa Kampala akaba n’Umuyobozi w’ishyaka People’s Front for Freedom (PFF), Erias Lukwago, yajyanywe mu Bitaro Bikuru bya Mulago kugira ngo ahabwe ubuvuzi bwihariye, nyuma y’icyemezo cyafashwe n’Urukiko rwa Makindye rwategekaga ubuyobozi bwa gereza kubikora mu gihe kitarenze amasaha 24.

Lukwago afungiye muri Gereza ya Murchison Bay nyuma yo gufatwa ku wa 15 Kamena 2026, akurikiranyweho icyaha cyo kudatangaza amakuru ku mugambi uvugwa wo kugambanira igihugu

Ubushinjacyaha bumushinja ko hagati ya 2021 na Ugushyingo 2024 yari azi amakuru ku mugambi bivugwa ko wari utegurwa n’abakiliya be barimo Kizza Besigye na Obeid Lutale Kamulegeya, ariko ntayatange ku nzego zibishinzwe. Lukwago we yahakanye ibyo aregwa avuga ko ari umwunganizi wabo mu mategeko, atari umwe mu bagize uwo mugambi.

Mu iburanisha ryabaye mbere y’uko yimurirwa kwa muganga, abamwunganira basabye ko yarekurwa by’agateganyo bavuga ko ubuzima bwe bwari bumeze nabi. Bavuze ko arwaye umuvuduko ukabije w’amaraso, gastrite idakira, ibibazo by’ubuhumekero ndetse n’uburwayi bw’umugongo bwamusabye kubagwa mu Buhinde, aho yashyizwemo icyuma gifasha urutirigongo. Bavuze ko ifungwa rye ryakajije uburwayi bwe kandi ko akeneye ubuvuzi bwihariye budashobora gutangirwa muri gereza.

Nubwo urukiko rwanze kumurekura by’agateganyo, rwemeye ko ubuzima bwe busaba ubuvuzi bwihuse. Umucamanza yategetse ko ajyanwa mu Bitaro bya Mulago kugira ngo akorerwe isuzuma ryimbitse, ahabwe ubuvuzi bukenewe kandi hakorwe raporo y’abaganga izashyikirizwa urukiko. Yanategetse ko umugore we n’umwunganizi yihitiyemo bemererwa kumusura no guhabwa amakuru ku buzima bwe hakurikijwe amategeko agenga gereza.

Umwunganizi wa Lukwago, Abubaker Ssekanjako, yemeje ko ubuyobozi bwa gereza bwubahirije icyemezo cy’urukiko maze mu gitondo cyo ku wa 25 Kamena 2026, Lukwago avanwa muri Gereza ya Murchison Bay ajyanwa mu Bitaro bya Mulago. Yavuze ko mbere y’iyimurwa rye, yari amaze igihe ahabwa imiti igabanya ububabare gusa, nyamara uburwayi bwe bwasabaga ubuvuzi bwihariye. Lukwago aracyafunzwe by’agateganyo mu gihe iperereza rikomeje, biteganyijwe ko azongera kwitaba urukiko ku wa 30 Kamena 2026, aho hazareberwa aho urubanza rugeze n’ibizakurikira.

 

Sean P

NSANZABERA Jean Paul uzwi nka Sean P ni Umwanditsi w’inkuru ufite ubumenyi n’ubushishozi mu ruganda rw’imyidagaduro rwo mu Rwanda , aho amaze kurugiramo uruhare rukomeye kuva mu 2010. Yanakoranye n’itangazamakuru ritandukanye hano mu Rwanda mu gihe kirenga imyaka 15. Afite inyota yo gukurikirana amakuru agezweho no kuyageza ku basomyi mu buryo bwihuse. Ushobora kumumenya no kumukurikira kurushaho unyuze ku mbuga ze nkoranyambaga.

Related Post

Leave a comment

Your email address will not be published. Required fields are marked *