Umuramyi Rachel yateguje iserukiramuco ryo kuramya no guhimbaza ku nkengero z’ikiyaga cya Muhazi

78 0

Umuramyi Uwineza Rachel umwe  mu bakunzwe cyane hano mu Rwanda mu kuririmba indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana afatanyije na Upper  Room Events  na  Deals On Events bateguye iserukiramuco rizahuzwa n’igiterano cyo guhimbaza imana bise Muhazi Gospel  Festival 2026.

Mu kiganiro n’umwe  mubari kumufasha gutegura iryo serukiramuco  yadutangarije ko  uwo munsi azaba ari umunsi mwiza wo kwishimana n’imiryango ndetse n’inshuti  kuko  muri  iryo  serukiramuco hateganyijwe kuzaberamo ibikorwa byinshi  bitandukanye .

Yagize  ati hazaba harimo  Imikino itandukanye izabera  ku nkengero  z’ikiyaga cya Muhazi aho bamwe bazirebera ibyiza by’icyo  kiyaga batemeberezwa mu bwato ndetse banasangire amafunguro atandukanye .

Si ukwishimisha gusa bizabera muri iryo  serukiramuco kuko  azaba ari umwanya  mwiza  kandi uhagije  wo kuramya  no guhimbaza aho bazaba bari kumwe n’abaramyi benshi batandukanye azagenda atangaza mu minsi iri imbere ndetse n’abakozi b’Imana bazigisha ijambo ry’Imana bazwi hano mu Rwanda .

Iri serukiramuco biteganyijwe  y’uko rizaba tariki ya 7 Werurwe 2026 ku nkengero z’ikiyaga cya Muhazi

Sean P

NSANZABERA Jean Paul uzwi nka Sean P ni Umwanditsi w’inkuru ufite ubumenyi n’ubushishozi mu ruganda rw’imyidagaduro rwo mu Rwanda , aho amaze kurugiramo uruhare rukomeye kuva mu 2010. Yanakoranye n’itangazamakuru ritandukanye hano mu Rwanda mu gihe kirenga imyaka 15. Afite inyota yo gukurikirana amakuru agezweho no kuyageza ku basomyi mu buryo bwihuse. Ushobora kumumenya no kumukurikira kurushaho unyuze ku mbuga ze nkoranyambaga.

Related Post

Leave a comment

Your email address will not be published. Required fields are marked *