Inkongi y’umuriro yibasiye uruganda rwa BYD i Shenzhen

77 0

Uruganda rw’imodoka  zo mu bwoko bwa BYD ziri mu zikunzwe cyane  kw’isi muri  iyi minsi  ruherereye i Pingshan mu mujyi wa Shenzhen, mu Bushinwa rwafashwe n’inkogi  y’umuriro mu gitondo cyo kuri uyu wa 14 Mata 2026

Nkuko byatangajwe n’Inzego z’umutekano muri uwo  mugi  ndetse n’iz’uruganda  hahise hakorwa ubutabazi bwihuse kugira hatangirika ibintu byinshi cyangwa  hakagira uhasiga ubuzima

Amakuru dukesha Reuters avuga ko igice cyahiye ari igikoreshwa mu guparikamo imodoka zamaze gukorerwa igerageza cyangwa izakanitswe. Giherereye mu cyanya cy’inganda cya Shenzhen.

BYD yatangaje ko nyuma y’iyi mpanuka, abashinzwe kuzimya inkongi bahise batabara, ndetse babasha kuzimya uyu muriro. Ntiharamenyekana icyateye iyi nkongi y’umuriro.

Nyuma y’iyi mpanuka, imigabane ya BYD yahise itakaza agaciro ku kigero cya 0,6%.

Impuguke zigaragaza ko ingaruka zishobora kubaho igihe inkongi yibasiye uruganda rukora imodoka za lisansi, zitandukanye n’izibaho igihe yibasiye urukora imodoka z’amashanyarazi kuko zo zidafatwa n’umuriro vuba, ndetse kuzizimya bikoroha.

Sean P

NSANZABERA Jean Paul uzwi nka Sean P ni Umwanditsi w’inkuru ufite ubumenyi n’ubushishozi mu ruganda rw’imyidagaduro rwo mu Rwanda , aho amaze kurugiramo uruhare rukomeye kuva mu 2010. Yanakoranye n’itangazamakuru ritandukanye hano mu Rwanda mu gihe kirenga imyaka 15. Afite inyota yo gukurikirana amakuru agezweho no kuyageza ku basomyi mu buryo bwihuse. Ushobora kumumenya no kumukurikira kurushaho unyuze ku mbuga ze nkoranyambaga.

Related Post

Leave a comment

Your email address will not be published. Required fields are marked *