BIDASUBIRWAHO: WhatsApp igiye gushyiraho uburyo bushya bwo gukoresha “USERNAME”

75 0

Urubuga rwa WhatsApp ruri mu zikoreshwa na benshi ku Isi, rwatangaje uburyo bushya bwitwa “usernames” bugamije kurinda amakuru bwite y’abarukoresha. Ubu buryo bwitezweho kuzafasha abantu kuvugana bitagomba gusangizanya nimero zabo za telefone, ahubwo bakazajya bakoresha izina ryihariye (username).

Biteganyijwe ko iyi gahunda itangira guhera muri iki cyumweru, aho abakoresha WhatsApp bazahitamo izina bazakoresha nyuma y’uyu mwaka ubwo iyi mikorere izaba yatangiye ku mugaragaro.

Gufata iri zina bazajya bakoresha (username) bifata umwanya muto cyane kuko bitwara amasegonda make. Gusa bisaba kuba ufite WhatsApp igezweho (latest version).

Ku kijyanye no kuba ubu buryo bushobora kwifashishwa n’abatubuzi, Whatsapp yatangaje ko hashyizweho uburyo bwinshi bwo kurinda umutekano w’abayikoresha harimo kuba hari umubare ntarengwa mu gihe runaka w’abantu bashya.

Hari kandi na Sisiteme (systems) zishobora gukurikirana no guhagarika imyitwarire ya bamwe igamije gukoresha nabi uru rubuga.

Iyi gahunda igamije gufasha abantu kuganira mu buryo burushijeho kugira umutekano no kugabanya gusangira nimero za telefone ku buryo butari ngombwa.

Kugeza ubu, WhatsApp ikoreshwa mu bihugu bigera ku 180, ikagira abayikoresha buri kwezi barenga miliyari 3.3. Muri uyu mubare ku Isi yose, abagera kuri miliyari 2.3 bakoresha iyi porogaramu buri munsi, basangira ubutumwa burenga miliyari 150 kandi bahamagara abantu barenga miliyari buri munsi.

Related Post

Leave a comment

Your email address will not be published. Required fields are marked *