Miss Kayumba Darina yashimiwe na Perezida Kagame wamukozeho Filime

4 0

Kayumba Darina, wabaye Igisonga cya Kabiri muri Miss Rwanda 2022, yashimiye Perezida Paul Kagame ku bw’imiyoborere myiza n’iterambere u Rwanda rukomeje kugeraho, anatangaza ko yamukoreye filime mbarankuru ivuga ku buzima n’urugendo rwe.


Ibi byabereye mu kiganiro Perezida Kagame yagiranye n’abanyamakuru kuri uyu wa Mbere, tariki ya 24 Kanama 2026, muri Kigali Convention Centre.


Darina yavuze ko nk’umwe mu rubyiruko rukora ibijyanye no guhanga no gukora content, yishimira icyerekezo u Rwanda rurimo ndetse n’amahirwe urubyiruko ruhabwa yo kugira uruhare mu kubaka ejo hazaza h’igihugu.


Yagize ati: “Icya mbere ni ukugushimira nk’umwe mu bahanga udushya mu Rwanda. Turashimira ubuyobozi bwawe n’impinduka. Nk’urubyiruko, twishimiye icyerekezo igihugu cyacu kirimo gufata, turashimira amahirwe muduha yo guteza imbere igihugu cyacu.”


Kayumba Darina wabaye Igisonga cya Kabiri muri Miss Rwanda 2022, yakomeje agira ati: “Ikindi kandi, nakoze filime ngufi ikuvugaho. Hamwe n’Imana, nizeye ko uzayibona.”


Perezida Paul Kagame yamusubije mu magambo magufi ati: “Nizeye kuzayibona mu minsi iri imbere.”


Iki kiganiro cyabereye muri Kigali Convention Centre, aho Perezida Kagame yari yitabiriye ikiganiro n’abanyamakuru, kikaba cyagarutse ku ngingo zitandukanye zirebana n’u Rwanda ndetse n’uruhare rw’urubyiruko mu iterambere ry’igihugu.

Sean P

NSANZABERA Jean Paul uzwi nka Sean P ni Umwanditsi w’inkuru ufite ubumenyi n’ubushishozi mu ruganda rw’imyidagaduro rwo mu Rwanda , aho amaze kurugiramo uruhare rukomeye kuva mu 2010. Yanakoranye n’itangazamakuru ritandukanye hano mu Rwanda mu gihe kirenga imyaka 15. Afite inyota yo gukurikirana amakuru agezweho no kuyageza ku basomyi mu buryo bwihuse. Ushobora kumumenya no kumukurikira kurushaho unyuze ku mbuga ze nkoranyambaga.

Related Post

Leave a comment

Your email address will not be published. Required fields are marked *