Urukiko rwategetse umuhanzi Bill Cosby kwishyura miliyoni 19$ Donna Motsinger yasambanyije nyuma yo kumusindisha akoresheje ibinini bisinziriza amubeshya ko ari ibigabanya umuriro.

364 0

Urukiko rwo muri California muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, rwahamije umuhanzi Bill Cosby w’imyaka 88 icyaha cyo gufata ku ngufu umunyarwenya Donna Motsinger mu 1972 nyuma yo kumusindisha akoresheje ibinini bisinziriza amubeshya ko ari ibigabanya umuriro.

 

Ku wa 23 Werurwe 2026 ni bwo Bill Cosby yategetswe n’urukiko kwishyura umunyarwenya w’umugore Donna Motsinger amafaranga angana na miliyoni 19,2$.

Ni mu rubanza Bill Cosby yashinjwagamo n’uyu munyarwenya gukoresha ibiyobyabwenge no kumufata ku ngufu mu mwaka wa 1972.

Urukiko rwasanze Cosby ari umubeshyi ku cyaha cyo gufatwa ku ngufu uyu mugore, rumutegeka kwishyura Motsinger arenga miliyoni 19$.

Mu yo Motsinger yishyuwe harimo angana na miliyoni 17.5$ y’indishyi y’ibibazo byo mu mutwe yagize mu bihe byashize, n’andi angana na miliyoni 1.75$ y’indishyi ku bibazo azagira mu bihe bizaza.

TMZ ivuga ko bivugwa ko Cosby yapangaga gukoresha ibinini byo guha abagore yizeye ko bimufasha kubasambanya bimworoheye.

Motsinger yavuze ko Cosby yamuhaye ikinini cya quaalude kizwiho gusinziriza, akamubwira ko ari ibya ‘aspirine’ bizwiho kugabanya umuriro, uburibwe n’ibindi.

Yavuze ko amaze kukinywa yatangiye kumva ameze nabi, hanyuma akavuga ko yakangutse ku munsi ukurikiyeho ari mu buriri bwe yambaye akenda k’imbere gusa.

Si ubwa mbere Cosby agize ibibazo kuko yamaze hafi imyaka itatu muri gereza azira gukubita no gukomeretsa umuntu bikomeye.

Yaje gufungurwa mu mwaka wa 2021 nyuma y’uko Urukiko rw’Ikirenga rwa Pennsylvania rutesheje agaciro igihano yari yasabiwe n’ubushinjacyaha bwari bwamusabiye.

Urukiko rwategetse umuhanzi Bill Cosby kwishyura umo yasambanyije miliyoni 19$

Related Post

Leave a comment

Your email address will not be published. Required fields are marked *