Nyuma y’umwka umwe umwe Iradukunda Grace Divine uzwi nka Dj Ira umwe mubavanga muziki bakunzwe hano mu Rwanda ahawe ubwene gihugu akomeje kurwana intambara yabirirwa bamuziza ko yemeye kuba umunyarwanda
Uyu mukobwa udakunda kuvuga amagambo menshi nyuma yo gukomeza gutukw cyane n’abantu batandukanye ku mbuga nkoranyambaga yabakuriye inzira ku murima abereka impamvu nyinshi zo kuba yarasabye ubwenegihugu bw’u Rwanda .
Mu butumwa bwe yashyize ku mbuga nkoranyambaga Dj Ira yagaragaje ko we yahisemo gusaba Perezida Paul Kagame ubwenegihugu bw’u Rwanda kubera ko aaarukunda kandi hari byinshi zatumye abusaba .
Abinyujije ku mbuga nkoranyambaga ze Dj yagize : nubu koko nyuma y’umwaka muracyababaye, muracyantuka, muracyantera ubwoba, Kugeza ubu sindumva ikibazo gihari ariko reka tuganire. Nshobora kuba naracecetse mukagira ngo mfite isoni z’ibyo nasabye, nabihatirijwe cyangwa naba ntatewe ishema n’ubwenegihugu nasabye.”
Uyu mukobwa yavuze ko yahisemo gusaba ubwenegihugu bw’u Rwanda kuko u Burundi bwemerera umuturage wabwo kugira bubiri, bityo ahamya ko ikibazo cyabaye ubwo yasabye.
Ati “U Burundi bwemera ubwenegihugu bubiri, gusaba ubw’u Rwanda ni nk’uko nari gusaba ubwa Amerika, Canada n’ahandi. Ariko kubera ko ari ubw’u Rwanda byabaye ibibazo.”
Uyu mukobwa yaboneyeho umwanya wo kwibutsa Abarundi impamvu yahisemo gusaba ubwenegihugu bw’u Rwanda, anashimangira ko atabyicuza.
Ati “DJ Ira mwamumenye kubera u Rwanda, akazi nkora niho nagatangiriye, narahageze mpabwa rugari ndakora batitaye ko ndi umunyamahanga, n’ubu aho ngeze sinatinya kuvuga ko ari ukubera Imana n’u Rwanda wenda no gukora neza. Rwose nari mfite impamvu igihumbi zo gusaba ubwenegihugu bwaho.”
DJ Ira yibukije Abarundi ko ikibazo atari we ahubwo ari urwango bafitiye u Rwanda, anongeraho ko kwaka ubundi bwenegihugu bitavuze kwanga Igihugu cye.
Ku wa 16 Werurwe 2025 ni bwo DJ Ira yasabye Perezida Kagame ubwenegihugu bw’u Rwanda, nyuma y’ukwezi kumwe gusa ahita abuhabwa.




