Itsinda ry’abasirikare bakuru n’abarimu bo muri Namibia Command and Staff College, riyobowe n’Umuyobozi w’iki kigo, Brig Gen Erastus Benhard Nathinge, kuri uyu wa 19 Nzeri 2026 ryagiranye ibiganiro n’Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda (RDF), Gen MK Mubarakh, ku Cyicaro Gikuru cy’Ingabo z’u Rwanda.
Iri tsinda ryari mu Rwanda mu ruzinduko rw’akazi rugamije kwiga no gusangira ubumenyi ku bijyanye n’imiyoborere, umutekano ndetse n’ubunararibonye bw’u Rwanda mu iterambere n’iyubakwa ry’igihugu.
Muri ibi biganiro, Brig Gen Nathinge yashimiye Ingabo z’u Rwanda n’abandi bayobozi ndetse n’abatanga ibiganiro bagiranye umwanya wo gusangiza iri tsinda amakuru n’ubumenyi mu gihe ryari mu Rwanda.
Yavuze ko ibiganiro bitandukanye bahawe n’abatanze ibiganiro mu nzego zitandukanye byabafashije gusobanukirwa neza urugendo rw’u Rwanda n’impinduka igihugu cyagezeho.
Brig Gen Nathinge kandi yashimye uruhare rw’imiyoborere ifite icyerekezo mu iterambere ry’u Rwanda, avuga ko iri tsinda ryabonye uko imiyoborere ishingiye ku cyerekezo yagize uruhare mu guhindura igihugu no kugiteza imbere.
Yagaragaje ko ibyo babonye ndetse n’ubumenyi bakuye mu Rwanda ari ingenzi kandi bizabafasha mu kazi kabo, cyane cyane mu bijyanye n’imiyoborere n’imyigishirize y’abasirikare bakuru.
Uru ruzinduko rw’iri tsinda rwasojwe kuri uyu wa 19 Nzeri 2026, nyuma y’iminsi bamaze mu Rwanda basura ndetse bagirana ibiganiro n’inzego zitandukanye.
Uruzinduko rw’Abasirikare bakuru n’abarimu bo muri Namibia Command and Staff College rufatwa nk’umwanya wo gukomeza gusangira ubunararibonye hagati y’u Rwanda na Namibia, cyane cyane mu bijyanye n’amahugurwa ya gisirikare, imiyoborere ndetse no guteza imbere ubumenyi bw’abayobozi b’ingabo.



