Coach Gaël yaciye amarenga ko mu myaka 10 iri imbere azaba afite indege ye bwite

590 0

Karomba Gaël umaze kumenyekana nka Coach Gaël mu myidagaduro na siporo mu Rwanda, yatangaje ko mu myaka 10 iri imbere, kimwe mu bintu azaba yaramaze kugeraho ari kugira indege ye bwite cyangwa se ‘private jet’.

Yabigarutseho mu kiganiro ‘Password’ gitambuka kuri Televiziyo y’Igihugu, gitumirwamo abantu batandukanye bakaganiriza urubyiruko ku kwiteza imbere. Aho amashusho afite muri telefoni ye y’ibyo yifuza kuzageraho, yagaragaje ko mu ntumbero afite harimo ibintu byinshi bitandukanye.

Uyu mugabo w’imyaka 37 yavuze ko ashaka gushinga ikigo gifasha abana b’imfubyi nibura ibihumbi birindwi no kuzandika ibitabo birimo kimwe azashyira hanze nagira imyaka 40.

Mu bindi yavuze ati “Ndashaka gukora igitangazamakuru cyigisha ubushabitsi. Ikindi urabona uyu mugabo ahagaze muri ‘private jet’, ni ikintu ntekereza kuko indege kenshi zingora nshaka kuzagura iyanjye, ndetse nshaka kuzagira kompanyi igura izindi no kuba umuntu ufite ubuzima buzira umuze kubera siporo.”

Related Post

Leave a comment

Your email address will not be published. Required fields are marked *