Uyu mugabo yavuze ko yafashe icyemezo cyo gutandukana n’umugore we nyuma yo kubona amashusho n’amafoto by’ikorwa rya ’“team building” ry’aho akora.
Yavuze ko uburyo abagore n’abagabo bakoranaga, imyambarire ndetse n’imyidagaduro byabaye muri urwo rugendo bitari bihuye n’indangagaciro z’urugo rwabo.
Iyi nkuru yakomeje guteza impaka ku mbuga nkoranyambaga, bamwe bavuga ko umugabo yihutiye gufata icyemezo, abandi bakavuga ko buri muryango ugira amahame ugenderaho.



