Yampano yakatiwe igifungo cy’iminsi 30 y’agateganyo ahita ajyanwa i Mageragere

18 0

Umuhanzi Uworizagwira Florien wamamaye nka Yampano yakatiwe iminsi 30 y’agateganyo nyuma yo gusanga ibyaha 3 muri 6 yacyekwagaho bifitiwe ibimenyetso bifatika, ubu akaba agiye koherezwa i Mageragere.

Kuri uyu wa Kabiri tariki ya 09 Kamena 2026, ku rukiko rw’ibanze rwa Kicukiro hasomwe mu ruhame umwanzuro w’urubanza ruregwamo Uworizagwira Florien wamamaye nka Yampano.

Urukiko rw’ibanze rwa Kicukiro rwasuzumye ikirego cy’ubushinjacyaha, nuko Yampano yireguye bafata umwanzuro wo kumufunga iminsi 30 y’agateganyo.

Impamvu urukiko rwashingiyeho ni uko icyaha cyo gukubita no gukomeretsa ku bushake, kunywa urumogi no kwangiza ikintu cy’undi bifitiwe impamvu zihagije zo gucyekaho Yampano ibyo byaha.

Icyaha cyo gukoresha ibikangisho, icyaha cy’ubwinjiracyaha cy’ubwicanyi ndetse no gufungirana umuntu bitemewe n’amategeko nta mpamvu zikomeye zigaragazwa.

Yampano yari yasabye ko yafungurwa kubera imbabazi yahawe n’umugore we Diane ariko urukiko rusanga izo mbabazi nta shingiro zifite bityo ntizashingiweho.

 

Sean P

NSANZABERA Jean Paul uzwi nka Sean P ni Umwanditsi w’inkuru ufite ubumenyi n’ubushishozi mu ruganda rw’imyidagaduro rwo mu Rwanda , aho amaze kurugiramo uruhare rukomeye kuva mu 2010. Yanakoranye n’itangazamakuru ritandukanye hano mu Rwanda mu gihe kirenga imyaka 15. Afite inyota yo gukurikirana amakuru agezweho no kuyageza ku basomyi mu buryo bwihuse. Ushobora kumumenya no kumukurikira kurushaho unyuze ku mbuga ze nkoranyambaga.

Related Post

Leave a comment

Your email address will not be published. Required fields are marked *