Umuhanzikazi nyarwanda Bwiza Emerance yatangaje ko igihugu cya Zambia kiri mu bihugu azasuramo mu rugendo mpuzamahanga yise “Bwiza Home World Tour 2026”, rugamije kumenyekanisha album ye nshya yitwa Home.
Abinyujije ku mbuga nkoranyambaga ze Bwiza n’umujyanama we muri KIKAC Music Uhujimfura Jean Claude batangaje ko urugendo rwo kumenyekanisha alubumu ye ruzamugeza mu bihugu bitandukanye byo muri Afurika, u Burayi n’ahandi ku Isi, aho azahura n’abakunzi b’umuziki we ndetse akanamurika indirimbo zigize album Home.
Zambia ni kimwe mu bihugu byo muri Afurika bifite isoko rikura ry’umuziki, kandi kwitabira igitaramo cya Bwiza muri icyo gihugu bizaba ari indi ntambwe ikomeye mu rugendo rwe rwo kumenyekanisha umuziki nyarwanda ku rwego mpuzamahanga. Bwiza amaze imyaka itanu ari mu muziki kandi yagiye agaragara mu bitaramo bikomeye haba mu Rwanda no hanze yarwo.
Uyu muhanzikazi wamenyekanye cyane mu ndirimbo zirimo Soja, Exchange, Ahazaza na Wibeshya, yakomeje kwagura ibikorwa bye mpuzamahanga nyuma yo kumurika album 25 Shades mu Bubiligi ndetse no gutangaza album nshya Home izamurikirwa mu bice bitandukanye by’Isi.
Aamakuru arambuye batangeje ni uko icyo gitaramo cyo muri Zambia kizaba tariki ya 11 Nyakanga 2026
Iyi gahunda ije ikurikira ibindi bitaramo bikomeye Bwiza yitabiriye birimo na Move Afrika yabereye i Kigali, ni bindi byinshi yagizye yitabira mu bihe bitandukanye ndetse nibyo azitabira cya Summer Tour 2026 azahuriramo na Bruce Melodi ,The Ben na Kitoko Bibarwa bikzazenguruka mu turere dutandukanye tw’igihugu guhera kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 13 Kamena 2026 aho bazataramira mu Karere ka Musanze bakazakurikizaho 20 Kamena 2026 I Nyagatare ,27 Kamena 2026 I Bugesera na 04 Nyakanga 2026 I Rubavu




