Umutwe wa IRGC wasohoye amashusho ya misile warashe ku birindiro by’Amerika

97 0

Umutwe w’Ingabo zidasanzwe za Iran, Islamic Revolutionary Guard Corps, wasohoye ku wa Gatatu amashusho agaragaza misile ziraswa ku byo watangaje ko ari ibirindiro by’Ingabo za Leta Zunze Ubumwe z’Amerika ziei mu karere k’Uburasirazuba bwo Hagati, nyuma y’ibitero Amerika yagabye mu majyepfo ya Iran mu ijoro ryabanje.

Nubwo igihe nyacyo n’aho ayo mashusho yafatiwe bitashoboye kwemezwa n’inzego zigenga, agaragaza misile zifiteho amafoto y’abahoze ari abayobozi bakomeye ba IRGC barimo Hossein Salami, Amir Ali Hajizadeh na Mohammad Bagheri.

Kuri izo misile hari handitse amagambo agira ati “A Tribute to the Leaders”, bisobanurwa nko guha icyubahiro abo bayobozi.

Mu itangazo ryayo, IRGC yavuze ko yagabye ibitero ku “birindiro byinshi by’ingabo za Amerika byo ku butaka no mu mazi” mu rwego rwo gusubiza icyo yise ibikorwa by’ubushotoranyi Amerika yakoreye mu majyepfo ya Iran.

Uyu mutwe wanaburiye ko nihagira ibindi bitero byongera kugabwa kuri Iran, uzasubiza ukoresheje imbaraga zisumbuyeho.

IRGC yavuze kandi ko yibasiye ibirindiro 21 bifitanye isano n’ingabo za Amerika mu karere, ndetse ikavuga ko yarashe indege itagira umupilote yo mu bwoko bwa MQ-9 Reaper mu gace ka Jam County.

Nk’uko byatangajwe na IRGC, misile ndende zikoresha lisansi ikomeye (solid-fuel missiles) zifashishijwe mu kurasa ahantu hatandukanye harimo hangari zibikwamo indege z’intambara zo mu bwoko bwa F-35 Lightning II ndetse n’ikigo cy’ubuyobozi n’itumanaho cya gisirikare kiri muri Al-Azraq.

Ku ruhande rwa Amerika, ubuyobozi bwa gisirikare bwemeje ko bwagabye ibitero mu ijoro ryabanje ku bikorwaremezo by’ubwirinzi bwo mu kirere bya Iran, birimo radar, ibigo bigenzura ibikorwa bya gisirikare ndetse n’ibikoresho by’igenzura biri hafi ya Strait of Hormuz.

Washington yavuze ko ibyo bikorwa byari uburyo bwo kwirwanaho nyuma y’uko indege ya gisirikare ya Amerika yo mu bwoko bwa AH-64 Apache ivugwa ko yarashwe cyangwa ikagwa hafi ya Strait of Hormuz, ndetse no kubera ibindi bitero Amerika ivuga ko byibasiye abasirikare bayo n’ubucuruzi bwo mu nyanja.

Aya makimbirane mashya yatumye ibihugu byo mu karere bifata ingamba z’umutekano zikomeye.

Muri Bahrain, abaturage basabwe gutuza no kujya ahantu hizewe nyuma y’uko impuruza z’umutekano zumvikanye mbere y’umuseke wo ku wa Gatatu.

Ingabo za Kuwait zatangaje ko zafashe misile n’ibindi byari biri mu kirere byafatwaga nk’ibyateje ikibazo cy’umutekano, mu gihe ingabo za Jordan zatangaje ko zahagaritse misile eshanu zari zoherejwe mu gace ka Azraq, mu Ntara ya Zarqa.

Iri zamuka ry’umwuka mubi rije nyuma y’uko Perezida wa Amerika, Donald Trump, yatangaje ku wa Kabiri ko abapilote bari mu ndege ya Apache yagize impanuka hafi y’umuhora wa Hormuz bameze neza.

Yagize ati: “Turatangaza raporo ejo, ariko abapilote bameze neza.”

Ibi bibaye kandi nyuma y’uko Iran na Israel byongeye kugabana ibitero ku Cyumweru, mu byafatwaga nk’imirwano ya mbere kuva hashyirwaho agahenge muri Mata. Nyuma yaho, impande zombi zemeye guhagarika ibitero ku wa Mbere.

Abasesenguzi bavuga ko nubwo impande zombi zikomeje kuvuga ko ziri kwirwanaho, gukomeza guhanahana ibitero bishobora kongera umutekano muke mu karere kose k’Uburasirazuba bwo Hagati no kugira ingaruka ku bucuruzi mpuzamahanga bunyura mu muhora wa Hormuz, imwe mu nzira z’ingenzi z’ubwikorezi bwa peteroli ku isi.

 

Sean P

NSANZABERA Jean Paul uzwi nka Sean P ni Umwanditsi w’inkuru ufite ubumenyi n’ubushishozi mu ruganda rw’imyidagaduro rwo mu Rwanda , aho amaze kurugiramo uruhare rukomeye kuva mu 2010. Yanakoranye n’itangazamakuru ritandukanye hano mu Rwanda mu gihe kirenga imyaka 15. Afite inyota yo gukurikirana amakuru agezweho no kuyageza ku basomyi mu buryo bwihuse. Ushobora kumumenya no kumukurikira kurushaho unyuze ku mbuga ze nkoranyambaga.

Related Post

Leave a comment

Your email address will not be published. Required fields are marked *