Polisi y’Igihugu ya Canada (RCMP) yatangaje ko yataye muri yombi Umunyarwanda w’imyaka 68 witwa Roland Nduwayo, ukekwaho kuba yarabaye muri Canada imyaka isaga 30 akoresheje umwirondoro utari uwe, mu gihe u Rwanda rwari rumushakisha kubera ibyaha akekwaho bifitanye isano na Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Nk’uko RCMP yabitangaje, Roland Nduwayo yafatiwe ku Kibuga cy’Indege cya Ottawa ku wa 22 Kamena 2026, ubwo yari agarutse muri Canada avuye mu rugendo yakoreye hanze y’igihugu. Nyuma yo kumufata, abashinzwe iperereza basatse urugo rwe bashakisha ibimenyetso bifitanye isano n’iperereza.
Abategetsi ba Canada bavuga ko Nduwayo akurikiranyweho ibyaha 16 bifitanye isano no gutanga amakuru atari yo ku bimwerekeyeho, gukoresha umwirondoro utari uwe no kurenga ku mategeko agenga abinjira n’abasohoka muri Canada. Kugeza ubu, ntabwo aratangira kuburanishwa muri Canada ku byaha bya Jenoside, ahubwo akurikiranyweho ibyaha by’abinjira n’abasohoka n’uburiganya ku myirondoro.
U Rwanda rwari rwaratanze impapuro mpuzamahanga zo kumuta muri yombi (international arrest warrant), rumushinja uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi. Iperereza rya Canada rikomeje kureba uko ikibazo cye kizakurikiranwa hakurikijwe amategeko ya Canada n’ubufatanye mpuzamahanga mu gukurikirana abakekwaho ibyaha bya Jenoside.


