Leta yu Rwanda n’iya Liberia byasinyanye amasezerano yo gukuriraho abaturage Visa

623 0

Guverinoma y’u Rwanda n’iya Liberia byasinyanye amasezerano yo gushyiraho Komisiyo ihuriweho iziga ku bijyanye n’imikoranire n’ikurwaho rya visa hagati y’ibihugu byombi.

Aya masezerano yashyiriweho umukono i Monrovia muri Liberia kuri uyu wa Gatatu, tariki ya 10 Nzeri 2025.

U Rwanda rwari ruhagarariwe na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga Amb Olivier Nduhungirehe, mu gihe Liberia yahagarariwe na mugenzi we Sara Beysolow Nyanti.

U Rwanda na Liberia bisanganywe umubano mwiza mu ngeri nyinshi haba mu bijyanye na politiki cyane cyane mu bufatanye hagati y’Inteko zishinga Amategeko z’ibihugu byombi, uburezi aho amashuri makuru na za Kaminuza mu Rwanda usangamo abanyeshuri baturutse muri Liberia n’ibindi.

Ni ibihugu kandi bijya guhuza amateka kuko Liberia yazahajwe n’intambara mu myaka ya 1990 ikangiza byinshi mu gihe u Rwanda rwashegeshwe na Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 yahitanye abasaga miliyoni.

Sean P

NSANZABERA Jean Paul uzwi nka Sean P ni Umwanditsi w’inkuru ufite ubumenyi n’ubushishozi mu ruganda rw’imyidagaduro rwo mu Rwanda , aho amaze kurugiramo uruhare rukomeye kuva mu 2010. Yanakoranye n’itangazamakuru ritandukanye hano mu Rwanda mu gihe kirenga imyaka 15. Afite inyota yo gukurikirana amakuru agezweho no kuyageza ku basomyi mu buryo bwihuse. Ushobora kumumenya no kumukurikira kurushaho unyuze ku mbuga ze nkoranyambaga.

Related Post

Leave a comment

Your email address will not be published. Required fields are marked *