Ibitaramo bya Iwacu na Muzika bigeye kuba ku nshuro ya Karindwi

105 0

Ibitaramo bya ‘MTN Iwacu Muzika Festival’ bigiye kuba ku nshuro ya karindwi, kuri iyi nshuro bikaba bizaca mu Mijyi irindwi y’u Rwanda nkuko bisanzwe

Ubuyobozi bwa EAP isanzwe itegura ibi bitaramo ku bufatanye n’abafatanyabikorwa barimo MTN Rwanda, bawashyize hanze itangazo rivuga ko ibyo bitaramo bigeye kongera  kuzenguruka uturere  7 tw’igihugu

Ibi bitaramo bizatangira ku wa 20 Kamena 2026 bikarangira ku wa 1 Kanama 2026, bizaca mu Mijyi nka Huye, Ngoma, Nyagatare, Karongi, Muhanga, Musanze na Rubavu.

Kuva ibitaramo bya Iwacu Muzika byatangira ndetse no kuva byatangira kwitwa ‘MTN Iwacu Muzika Festival  ni ubwa mbere  bigeye  kubera mu karere  ka Karongi

Mu kiganiro n’abanyamakuru, Ubuyobozi bwa EAP bwavuze ko bukunze kujyana ibi bitaramo mu turere twose tw’ U Rwanda  mu rwego rwo  gusangisha abahanzi abakunzi babo  mu bice bitandukanye by’ u Rwanda

Mu buryo bwo kugeza ibi bitaramo mu bice bitandukanye by’u Rwanda, EAP igenda ihinduranya Uturere biberamo ari na yo mpamvu kuri byagejejwe no mu Karere ka Karongi.

Umwaka ushize ibi bitaramo byari byanyuze mu Turere nka Musanze, Gicumbi, Nyagatare, Ngoma, Huye, Muhanga yasimbuye Rusizi na Rubavu .

Kugeza ubu ntabwo haratangazwa urutonde rw’abahanzi ntakuka bazabiririmbamo, amakuru ahari agahamya ko hazagenda hatangazwa umwe ku wundi kugeza bose barangiye.

Umwaka ushize, ibi bitaramo byari byatumiwemo abahanzi nka King James, Riderman, Bull Dogg, Juno Kizigenza, Ariel Wayz, Kivumbi King, na Nel Ngabo.

 

 

 

Sean P

NSANZABERA Jean Paul uzwi nka Sean P ni Umwanditsi w’inkuru ufite ubumenyi n’ubushishozi mu ruganda rw’imyidagaduro rwo mu Rwanda , aho amaze kurugiramo uruhare rukomeye kuva mu 2010. Yanakoranye n’itangazamakuru ritandukanye hano mu Rwanda mu gihe kirenga imyaka 15. Afite inyota yo gukurikirana amakuru agezweho no kuyageza ku basomyi mu buryo bwihuse. Ushobora kumumenya no kumukurikira kurushaho unyuze ku mbuga ze nkoranyambaga.

Related Post

Leave a comment

Your email address will not be published. Required fields are marked *