Kidumu yakiriwe na Yvan Muziki ubwo yageraga i Kigali

180 0

Mu gitondo cyo kuri  uyu  wa Kane tariki ya 12 Gashyantare nibwo  umuhanzi  Nimbona Jean Pierre  uzwi nka Kidumu Kibindo yageze  I Kigali  aje kwitabira igitaramo Inganzo ntahagarwa cya Yvan Muzik

Ahagana kw’isha ya  saa moya na 50 nibwo Kidumu yari asesekanye  ku kibuga cy’ indege mpuzamahanga cya Kigali  aho yakiriwe  na Mugenzi we Yvan Muziki wamutumiye mu gitaramo  cyo kumurikiramo  album ye ya mbere yise “Inganzo Ntahangarwa” azamurika mu ijoro rizabanziriza umunsi wahariwe abakundana.

Icyo gitaramo  kizaba  tariki ya 13 Gashyantare 2026kizitabirwa n’abandi bahanzi bakomeye hano mu Rwanda nka  Marina,Massamba Intore,Jules Sentore  n’abano benshi batandukanye  kikazabera muri Kigali Universe .

Yvana Muziki aherutse gutangariza  itangazamakuru ko iyi  Alubumu iyi albumayifata nk’ikomeye mu buzima bwe, kandi yishimiye kuzayimurikira abantu ku nshuro ya mbere azaba akoreye igitaramo cyo kumurika album ye mu Rwanda.

Ati “Ni wo muzingo wuje inganzo n’imbamutima tuzasangira mu ijoro ribanziriza umunsi w’abakundana. Nizeye ijoro rizabera ryiza abazaryitabira.”

Yakomeje avuga ko iyi album igizwe n’indirimbo 15, kandi zose zizashimisha abantu nizimara kujya ahabona.

Uyu muhanzi yavuze ko impamvu yahisemo gufatanya n’aba bahanzi ari abahanzi beza bafite indirimbo zikora ku mitima ya benshi cyane ko igitaramo kizaba mu ijoro ry’urukundo.

Sean P

NSANZABERA Jean Paul uzwi nka Sean P ni Umwanditsi w’inkuru ufite ubumenyi n’ubushishozi mu ruganda rw’imyidagaduro rwo mu Rwanda , aho amaze kurugiramo uruhare rukomeye kuva mu 2010. Yanakoranye n’itangazamakuru ritandukanye hano mu Rwanda mu gihe kirenga imyaka 15. Afite inyota yo gukurikirana amakuru agezweho no kuyageza ku basomyi mu buryo bwihuse. Ushobora kumumenya no kumukurikira kurushaho unyuze ku mbuga ze nkoranyambaga.

Related Post

Leave a comment

Your email address will not be published. Required fields are marked *