Davido yahishuye ko umuziki iyo utamuhira yari kujya mw’itangazamakuru

44 0

Umuhanzi w’icyamamare muri Nigeria, David Adeleke, uzwi ku izina rya Davido, yavuze ko n’iyo atari kugera ku ntsinzi mu muziki, atari kuva mu ruganda rw’imyidagaduro kuko ari cyo yahoze akunda kuva kera.

Ibi yabigarutseho mu kiganiro yagiranye na PlayKisstra, aho yavuze ko iyo ataza kuba umuhanzi, aba yarashinze inzu ifasha abahanzi (record label) cyangwa ikigo cy’itangazamakuru, kuko imyidagaduro ari cyo kintu yakundaga kurusha ibindi.

Yagize ati: “Birashoboka cyane ko mba mfite inzu ifasha abahanzi cyangwa ikigo cy’itangazamakuru, kuko nakuze nkunda imyidagaduro. Niyo nza kuba  nkora mu biro bya data, nari kuba mfite undi mushinga ku ruhande, nk’uruganda rw’umuziki, kubera urukundo nkunda umuziki.”

Davido yavuze kandi ko afite impamyabumenyi ya Bachelor of Science (BSc) mu Icungamutungo n’Imiyoborere y’Ubucuruzi (Business Management), bityo ko n’iyo umuziki utari kumuhira yari gushobora gukora akazi gasanzwe mu rwego rw’ubucuruzi.

Yagize ati: “Mfite impamyabumenyi. Mfite BSc muri Business Management, bityo nashobora kujya hano muri Barclays nkagerageza gusaba akazi. Nashobora kubona akazi kuko mfite ibisabwa, harimo na CV.”

Aya magambo agaragaza ko n’ubwo Davido akomoka mu muryango wifashije, yita cyane ku burezi no kugira ubumenyi bwamufasha no mu yindi mirimo itari umuziki.

Davido yatangiye kumenyekana cyane mu 2012 nyuma yo gushyira hanze indirimbo “Dami Duro”, yabaye iya kabiri yasohotse kuri album ye ya mbere yise “Omo Baba Olowo”.

Iyo ndirimbo ni yo yamwinjije mu bahanzi bakomeye muri Nigeria no muri Afurika, aho yakomeje gusohora izindi ndirimbo zakunzwe ndetse aza no kugera ku rwego mpuzamahanga.

Kuri ubu, Davido abarirwa mu bahanzi bafite izina rikomeye ku Isi, akaba yaranatorewe ibihembo bya Grammy Awards, ndetse akomeje gushora imari mu mishinga itandukanye irimo n’ikorwa ry’umuziki n’ubucuruzi.

Kuri ubu kandi Daviodo ari mu bahanzi  muri Nigeria  no muri Afurika batunze agatubutse kuko umutungo ubarirwa muri Miliyoni 90 na 150 z’amadorali y’amerika

 

Sean P

NSANZABERA Jean Paul uzwi nka Sean P ni Umwanditsi w’inkuru ufite ubumenyi n’ubushishozi mu ruganda rw’imyidagaduro rwo mu Rwanda , aho amaze kurugiramo uruhare rukomeye kuva mu 2010. Yanakoranye n’itangazamakuru ritandukanye hano mu Rwanda mu gihe kirenga imyaka 15. Afite inyota yo gukurikirana amakuru agezweho no kuyageza ku basomyi mu buryo bwihuse. Ushobora kumumenya no kumukurikira kurushaho unyuze ku mbuga ze nkoranyambaga.

Related Post

Leave a comment

Your email address will not be published. Required fields are marked *