Kigali : Abakundana bateguriwe ibirori bya Romantic Night Hub ku nshuro ya Kabiri

55 0

Mu  gihe habura Iminsi mike ngo isi yose yizihize  umunsi w’abakundana  uzwi kw’isi hose nka  Saint Valentin I Kigali  hateguwe ibirori  bya Romantic  Night  Hub ku nshuro yabyo  ya Kabiri  mu rwego rwo  gufasha abakundana kwizihiza  uwo munsi mu byishimo byinshi

Mu kiganiro na Minani Jean Baptiste wateguye ibyo birori yatangarije  BTN Rwanda impamvu bateguye uwo  munsi yagize ati “ iryo joro rizaba igihe cyiza cyo guhuriza hamwe  abakundana aho imitima y’abakundana izabasha  kwishimana .

Minani   yakomeje avuga ko uwo  mugoroba uzarangwa  n’amarangamutima menshi aherekejwe n’indirimbo nyinshi z’urukundo ndetse ubutumwa bwinshi.

Yagize  ati  Romantic Night Hub ni ubwa kabiri   igiye kubera  mu Rwanda by’akarusho azaba ari  ijoro  ribanziriza St Valentin aho  rizaba rifite  intego yo  kuzamura  urukundo  mu bakundana

Aho intego nyamukuru zaryo kubazaryitabira bazabasha kungukiramo ibiganiro bifite intego zitandukanye Kandi zifasha abantu kwagura imitekerereze by’ umwihariko ku gice cy’amarangamutima.

Yongeyeho ko Guhuza abantu bakundana cyangwa abashaka kwiga ku rukundo bizagira  ireme kuri uwo munsi  ufatwa nk’uwabakundana.

Ikindi  kintu  cyatumye  bategura uwo  mugoroba  harimo gutoza urubyiruko uko bakundana mu buryo bwubaka, butari ubwo gushukwa n’amarangamutima y’igihe gito.

Minani Jean Baptiste usanzwe azi ku mazina ya Mr Romantic,yakomeje agira ati njye ubwanjye mfite ubuhamya bw’ uko umuryango wangirika bitewe no kubakwa utateguwe bisesuye hamwe usanga umusore n’umukobwa bajya mu rukundo umwe akina undi,bikarangira babanye ariko umwe akurikiyeho undi inyungu mu bintu bifatika nyamara iyo batandukanye bafite nk’abana batoya, bihindura byinshi mu mibereho yabo bagakura bigunze.

Nkuko akomeza abivuga iryo joro aritegura ashaka  gutanga ubuhamya ababyeyi be batandukanye mfite imyaka 15 azi uburyo yabayeho nyuma yaho ,niho yafashe umwanzuro wuko yatoza abantu gukundana bifite intego zubaka kuko iyo amarangamutima yangiritse n’ubukungu burahagendera,abana Bata ishuri,umugabo cg umugore akaba yakwishora mu businzi cyangwa n’ubusambanyi byose.

Wenda duhereye ku mibare ifatika tubona gatanya ziba mu muryango by’umwihariko niba mu gihugu habarurwa ingo ziri hejuru y’ibuhumbi 5 zaka gatanya buri mwaka,nuko iyo miryango akenshi iba yabuzemo urukundo.

Ibi kandi abihuriza hamwe n’Ubuyobozi bwa Grabiella Events bwumvishe igitekerezo cye bukemera kumutera ingabo mu bitugu mu gutegura iryo  joro ry’urukundo  kuri  St Valenti

Muri  uwo mugoroba  abantu batandukanye bazabasha kuganiriza abitabiriye iyi romantic Night Hub ariko Bose bagaruka mukubaka urukundo rufite intego Kandi bagendeye kumitekerereze myiza “positive mindset “.’

Uwo mugoroba w’urukundo  uzaba ku tariki  ya 15 Mutarama 2026 uzaba ari uwi  byishimo ,aho  abazitabira  bose  bazatambuka  ku itapi y’umutuku,ndetse bafate n’amafoto

Ibyo  birori bizabera kuri Gabriella Events ku Kimironko hafi  yahahoze  Gereza  aho kwinjira bizaba  ari  ibihumbi icumi (10.000frw) ugafatamo n’icyo  kunywa

Sean P

NSANZABERA Jean Paul uzwi nka Sean P ni Umwanditsi w’inkuru ufite ubumenyi n’ubushishozi mu ruganda rw’imyidagaduro rwo mu Rwanda , aho amaze kurugiramo uruhare rukomeye kuva mu 2010. Yanakoranye n’itangazamakuru ritandukanye hano mu Rwanda mu gihe kirenga imyaka 15. Afite inyota yo gukurikirana amakuru agezweho no kuyageza ku basomyi mu buryo bwihuse. Ushobora kumumenya no kumukurikira kurushaho unyuze ku mbuga ze nkoranyambaga.

Related Post

Leave a comment

Your email address will not be published. Required fields are marked *