Prince Salomon yakoranye indirimbo n’Umuramyi Vicky Boaz (Video )

55 0

Umuhanzi  w’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana wo mu Repubulika iharanira  Demokarasi ya Congo Vicky Boaz  yahuje imbaraga n’Umuramyi  Prince Salomon Prince uba muri  Canada bakorana  Indirimbo  bise Huja Niacha .

Mu kiganiro na Prince  Salomon yadutangarije  ko  uyu muhanzi  uri  kuzamuka  mu ndirimbo zo kuramya no guhimbaza  yamugejejeho  igitekerezo amausaba ko  bakorana indirimbo  nyuma y’igihe kinini  abimusaba mu rwego rwo gukomeza  kugera ku nzozi maze nawe kubera ko  yari amze kubona  ubuhanga bwe  mu  myandikire ye  ndetse n’imiririmbire  bahitamo gukora  iyo bise  Huja  Niacha ,

Prince yakomeje  atubwira ko  iyi  Nidirimbo Huja Niacha ariyo ndirimbo ya mbere Vicky  Boaza ashyize hanze kandi ko  yamwijeje ko bagiye gufatanya kugera ku nzozi ze yifuje  kuva kera

Huja  Niacha  Nkuko Prince Salomon yabidutangarije   n’Indirimbo  yo kuramya no guhimbaza Imana ikubiyemo  ubutumwa bwo  kwizera  no kwiringira  Imana mu bihe  byose  ,

Yakomeje atubwira ko Izina  Huja Niacha bisobanura ko Imana  Itigeze ikura amaboko  yayo ku bana  .

Mu magambo y’indirimbo, Vicky Boaz  agaragaza uburyo Imana yamubaye hafi, ikamurinda isoni ndetse ikamuba iruhande mu bihe byose haba mu byiza cyangwa mu bikomeye.

Mu magambo meza aryoheye amatwi  hari aho agira ati  “Ntabwo wankuyeho amaboko, uhora iruhande rwanjye ibihe byose.”

Ayo magambo atanga ihumure ndetse akibutsa abantu ko Imana ihora iri kumwe n’abayizera.

Nyuma yo kubona impano n’umuhate bya Vicky Boaz , Prince Salomon yemeye kumutera inkunga no kumufasha kugira ngo agere ku nzozi ze ndetse anamenyekane mu bakunzi b’umuziki.

Niba uri gusoma iyi nkuru kandi uri mu bihe bikomeye, menya ko nta kibazo gihoraho. Hari Imana nziza igukunda kandi ihora iri iruhande rwawe. Ntuzacika intege, kuko igihe kizagera ugatsinda kandi ukagira ubuhamya bwo gutanga imbere y’Imana.

 

 

HUJA NIACHA – @Vicky Boaz FT @Prince Salomon (Official Video Lyrics)HUJA NIACHA – @Vicky Boaz FT @Prince Salomon (Official Video Lyrics)

Sean P

NSANZABERA Jean Paul uzwi nka Sean P ni Umwanditsi w’inkuru ufite ubumenyi n’ubushishozi mu ruganda rw’imyidagaduro rwo mu Rwanda , aho amaze kurugiramo uruhare rukomeye kuva mu 2010. Yanakoranye n’itangazamakuru ritandukanye hano mu Rwanda mu gihe kirenga imyaka 15. Afite inyota yo gukurikirana amakuru agezweho no kuyageza ku basomyi mu buryo bwihuse. Ushobora kumumenya no kumukurikira kurushaho unyuze ku mbuga ze nkoranyambaga.

Related Post

Leave a comment

Your email address will not be published. Required fields are marked *