Umuhanzi Itahiwacu Bruce uzwi nka Bruce Melodie numa y’igihe amaze ateguza abakunzi be ibitaramo azahuriramo na The Ben yise ‘Summer Country Tour’ yashyize ashyira hanze amatariki ibyo bitaramo bizaberaho .
Mu butumwa yacishije ku mbuga nkoranyambaga uyu mugabo ukuzwe cyane hano mu Rwanda no mu karere yamensheje abakunzi be amatariki ibyo bitaramo uko ari bine azahuriramo na The Ben mu ntara enye z’Igihugu.
Muri ubwo butumwa Bruce Melodie yanasezeranyije abakunzi be bo mu karere ka Bugesera ko nabo azabageraho nyuma y’uko mu mwaka wa 2024 atabashije kubataramira mu bitaramo bya MTN Iwacu na Muzika Festival
Kuri ubu uyu muhanzi yasezeranyije abakunzi be bo mu Karere ka Bugesera kuzabategurira igitaramo akabasusurutsa.
Bruce Melodie yashyize aka Karere muri tune agomba gutaramiramo mu bitaramo bizenguruka u Rwanda azahuriramo na The Ben.
Kugeza ubu hamaze gutangazwa ibitaramo bine aba bahanzi bombi bagiye gukorana byiswe ‘Summer Country Tour’ iteganyijwe kuzenguruka igihugu kuva ku wa 13 Kamena 2026 kugeza ku wa 4 Nyakanga 2026.
Ibi bitaramo bizahera mu Karere ka Musanze ku wa 13 Kamena 2026, bikomereze i Nyagatare ku wa 20 Kamena 2026. Ku wa 27 Kamena 2026 bazerekeza i Bugesera mbere y’uko basoreza i Rubavu ku wa 4 Nyakanga 2026.
Amani Africa uyobora Artland iri gufasha mu itegurwa ry’ibi bitaramo, yavuze ko ibi bitaramo bifite umwihariko w’uko bizajya bimara iminsi ine muri buri mujyi bizaberamo.
Ati “Muri buri mujyi hazajya habanza imurikagurisha ry’abikorera rizajya ribanza iminsi itatu rigasozwa n’igitaramo kinini. Turifuza ko ibi bitaramo byajya bigira icyo bisigira abikorera aho byagiye.”
Ibi bitaramo bizenguruka igihugu byateguwe na Bruce Melodie, abitumiramo The Ben nyuma y’uko na we yari yamutumiye muri ‘The New Year Groove’ yitabiriye ku wa 1 Mutarama 2026.
Bruce Melodie ni umwe mu bahanzi bagezweho mu Rwanda no muri Afurika y’Iburasirazuba. Yatangiye kumenyekana mu muziki ahagana mu 2013 nyuma yo gusohora indirimbo zakunzwe zirimo “Tubivemo”, “Ndumiwe”, “Uzandabure” n’izindi nyinshi.



