Amerika: Abaturage bo muri Ohio bakoze imyigaragambyo bashyigikira abimukira b’Abanya-Haiti n’Abanya-Syria

69 0

Abaturage bo muri leta ya Ohio bateraniye mu myigaragambyo ku wa Kane, bagaragaza ko bashyigikiye abimukira bakomoka muri Haiti no muri Syria, nyuma y’icyemezo cyafashwe n’Urukiko rw’ikirenga rwa Letza Zunze Ubumw z’amerika cyemerera ubutegetsi bwa Perezida Donald Trump guhagarika uburinzi bw’amategeko bwari guha aba bimukira uburenganzira bwo kuguma muri Amerika.

Abitabiriye iyo myigaragambyo bavuze ko iki cyemezo gishyira mu kaga abantu ibihumbi bahunze intambara, ihohoterwa n’ibiza byibasiye ibihugu byabo, basaba ko uburenganzira bwabo bwubahirizwa.

Kuri uwo munsi kandi, Urukiko rw’Ikirenga rwa Amerika rwafashe ikindi cyemezo gikomeye kijyanye n’abimukira, ruvuga ko abantu bashaka gusaba ubuhungiro bashobora kwangirwa kwegera umupaka wa Amerika mbere y’uko bawugeraho.

Iki cyemezo cyemeje ko uburyo buzwi nka “metering” bwemewe n’amategeko. Ubu buryo bwemereraga abashinzwe abinjira n’abasohoka ba Amerika bakorera ku ruhande rwa Mexico gusubiza inyuma abasaba ubuhungiro bataragera ku butaka bwa Amerika.

Nubwo ubu buryo butagikoreshwa kuva mu 2021, Perezida Trump yasabye Urukiko rw’Ikirenga kurusuzuma kugira ngo hemezwe niba rwakongera gushyirwa mu bikorwa.

Ubusobanuro bw’Urukiko

Mu mwanzuro wafashwe ku majwi atandatu kuri atatu, abacamanza benshi bemeje ko umuntu uri ku ruhande rwa Mexico adashobora gufatwa nk’“ugeze muri Amerika” mbere yo kwambuka umupaka.

Umucamanza Samuel Alito, wanditse umwanzuro wa benshi, yavuze ko umuntu aba ageze muri Amerika ari uko amaze kwinjira ku butaka bwayo, atari igihe akigerageza kubugeraho.

Yasobanuye ko kuba umuntu abujiwe kwinjira bidahindura uko itegeko risobanura ko “yageze muri Amerika.”

Abacamanza batavuga rumwe n’icyemezo

Umucamanza Sonia Sotomayor, afatanyije n’abandi bacamanza babiri, yanenze iki cyemezo.

Yavuze ko gisobanura nabi amategeko kandi ko gishobora kugira ingaruka zikomeye ku bantu bahunga ihohoterwa n’intambara.

Mu bitekerezo bye byanditse, yavuze ko iki cyemezo “gikingira urugi” abantu bahunga akarengane, kandi ko gishobora gutuma benshi bapfa cyangwa bagahatirwa kugerageza kwinjira muri Amerika banyuze mu nzira zitemewe n’amategeko.

Kuva Perezida Donald Trump yasubira muri White House, yashyize imbere politiki ikaze yo kugabanya umubare w’abimukira no kwihutisha iyirukanwa ry’ababa muri Amerika mu buryo butemewe n’amategeko.

Mu zindi ngamba zashyigikiwe n’Urukiko rw’Ikirenga, harimo n’icyemezo cyo gukuraho uburinzi bwo kutirukanwa ku Banya-Haiti bagera ku 350.000 n’Abanya-Syria barenga 6.000 bari batuye muri Amerika.

Mu cyumweru gitaha, biteganyijwe ko Urukiko rw’Ikirenga ruzafata umwanzuro ku kindi kibazo gikomeye cyasabwe na Perezida Trump, cyo gukuraho ihame ritanga ubwenegihugu ku buryo bwikora ku muntu wese wavukiye ku butaka bwa Amerika.

Icyo cyemezo nikiramuka gifashwe, gishobora guhindura cyane amategeko y’ubwenegihugu muri Amerika no kugira ingaruka ku miryango myinshi y’abimukira ituye muri icyo gihugu.

Mu gihe impaka zikomeje ku mategeko agenga abimukira, imyigaragambyo yabereye muri Ohio yagaragaje ko abaturage benshi bagikomeje gusaba ko Amerika yakomeza kurengera abantu bahunga intambara, ibiza n’ihohoterwa, aho gukaza amategeko yo kubirukana.

 

 

Sean P

NSANZABERA Jean Paul uzwi nka Sean P ni Umwanditsi w’inkuru ufite ubumenyi n’ubushishozi mu ruganda rw’imyidagaduro rwo mu Rwanda , aho amaze kurugiramo uruhare rukomeye kuva mu 2010. Yanakoranye n’itangazamakuru ritandukanye hano mu Rwanda mu gihe kirenga imyaka 15. Afite inyota yo gukurikirana amakuru agezweho no kuyageza ku basomyi mu buryo bwihuse. Ushobora kumumenya no kumukurikira kurushaho unyuze ku mbuga ze nkoranyambaga.

Related Post

Leave a comment

Your email address will not be published. Required fields are marked *