Itsinda ryitwa Sing 4Fun Family ryasuye urwibutso rwa Jenoside rwa kigali

69 0

Itsinda ry’urubyiruko  ruhuriyemo abakunzi  b’umuziki wa Karaoke  ryitwa Sing 4Fun Family riyobowe umuririmbyi mwiza  muzi witwa Ange Mutsu Gakwandi kuriki Cyumweru tariki ya 28/6/2026 basuye Urwibutso Rwa Genocide yakorewe Abatutsi mu 1994 rwa Kigali ruherereye ku Gisozi

Bakigera  ku rwibutso babanje gusobanurirwa amateka yaranze U Rwanda  na Jenoside yakrewe Abatutsi muri 1994 kuva ku ngoma z’ubukoloni  kugeza ubwo  Abatutsi barenga Miliyoni  bishwe bazira  uko bavutse .

Nyuma yo gusbanurirwa  ayo mateka bunamiye  Inzirakarengane  ibihumbi 250 zishyinguye muri  urwo rwibutso bashyira  indabo mu mva ziruhukiyemo , bansura ibice bitandukanye bibumbatiye amateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi muri 1994 bahigira byinshi bitandukanye

Ange Mutsu wari ukuriye iryo tsinda nyuma yo gusura  Urwibutso  yagize ati :iki gihugu ni icyacu twebwe Rwanda rw’ejo birakwiye ko dusobanukirwa amateka yakiranze bityo nabazadukomokaho tukazabigisha ibikwiriye byatugirira akamaro .

Yakomeje  asaba buri munyarwanda wese ko yabona mugenzi we nk’umuntu Bose bava amaraso kimwe kurusha uko yamubonamo ubwoko runaka ati ibyabaye nyabuna ntibizongere ukundi kuko ntakiza nakimwe .

Yassabye  kandi  urubyiruko  tugenzi rwe  gusigasira umuco wacu wa Kinyarwanda ubumwe, ubwiyunge ndetse n’Indangagaciro birurange aho ruri hose ku Isi.

Sean P

NSANZABERA Jean Paul uzwi nka Sean P ni Umwanditsi w’inkuru ufite ubumenyi n’ubushishozi mu ruganda rw’imyidagaduro rwo mu Rwanda , aho amaze kurugiramo uruhare rukomeye kuva mu 2010. Yanakoranye n’itangazamakuru ritandukanye hano mu Rwanda mu gihe kirenga imyaka 15. Afite inyota yo gukurikirana amakuru agezweho no kuyageza ku basomyi mu buryo bwihuse. Ushobora kumumenya no kumukurikira kurushaho unyuze ku mbuga ze nkoranyambaga.

Related Post

Leave a comment

Your email address will not be published. Required fields are marked *