Brig Gen Andrew Nyamvumba yatangije amahugurwa kuri Politiki y’imiyoborere y’ingabo

194 0

Ba ofisiye bakuru bo mu ngabo z’u Rwanda n’izindi nzego z’umutekano ndetse n’abakozi baturutse muri Minisiteri y’ububanyi n’amahanga, bitabiriye amahugurwa kuri Politiki y’imiyoborere y’ingabo.

Ni amahugurwa ari kubera mu Ishuri Rikuru rya Gisirikare riherereye mu Karere ka Musanze, kuva tariki ya 18 kuzageza ku ya 29 Gicurasi 2026.

Mu gutangiza ku mugaragaro ayo mahugurwa mu izina ry’Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda, Umuyobozi w’Ishuri Rikuru rya Gisirikare, Brig Gen Andrew Nyamvumba, yavuze ko iyo gahunda igamije kongerera abitabiriye ubushobozi bwo gutekereza ku rwego rwo hejuru, ubusesenguzi no gufata ibyemezo bijyanye n’imiyoborere y’ingabo haba ku rwego rw’igihugu no ku rwego rw’akarere.

Aya ni amahugurwa abaye ku nshuro ya kabiri muri gahunda nshya y’amasomo yateguwe n’Ishuri Rikuru rya Gisirikare ku bufatanye n’Ikigo cy’Umuryango w’Abibumbye gishinzwe amahugurwa n’ubushakashatsi (UNITAR).

 

Sean P

NSANZABERA Jean Paul uzwi nka Sean P ni Umwanditsi w’inkuru ufite ubumenyi n’ubushishozi mu ruganda rw’imyidagaduro rwo mu Rwanda , aho amaze kurugiramo uruhare rukomeye kuva mu 2010. Yanakoranye n’itangazamakuru ritandukanye hano mu Rwanda mu gihe kirenga imyaka 15. Afite inyota yo gukurikirana amakuru agezweho no kuyageza ku basomyi mu buryo bwihuse. Ushobora kumumenya no kumukurikira kurushaho unyuze ku mbuga ze nkoranyambaga.

Related Post

Leave a comment

Your email address will not be published. Required fields are marked *