Lubero : Abantu barenga 50 bishwe na ADF bari mu kiriyo

596 0

Abantu barenga 50 bishwe n’abarwanyi b’umutwe w’iterabwobwa wa ADF, ubwo bari mu kiriyo muri Teritwari ya Lubero muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo.

Ni igitero aba barwanyi bagabye mu ijoro ryo ku wa Mbere tariki ya 8 Nzeri 2025, mu gace ka Ntoyo i Lubero muri Kivu y’Amajyaruguru.

Macaire Sivikunula, Umuyobozi muri ako gace, yavuze ko abarwanyi ba ADF bagabye igitero bafite imihoro n’imbunda, bagatera abaturage bari mu kiriyo.

Ati” Nshobora kuvuga ko umubare w’agateganyo w’abapfuye ari 50. Abenshi bishwe hakoreshejwe imipanga.”

Col. Alain Kiwewa, Umuyobozi w’ibikorwa bya gisirikare muri Lubero yabwiye Reuters ko umubare w’abapfuye ushobora kurenga 60 kuko hari benshi baburiwe irengero.

ADF ni umutwe w’iterabwoba uvuga ko urwanya ubutegetsi bwa Uganda ariko ukaba umaze imyaka irenga 20 ukorera mu mashyamba ya Repubulika ya Demokarasi ya Congo.

Abarwanyi bayo bazengereje abaturage dore ko ihora mu bitero byisubiramo.

Kuva mu Ugushyingo 2021, ingabo za Uganda (UPDF) n’iza Congo (FARDC) zatangije ibikorwa bya gisirikare byiswe ‘Operation Shujaa’ bigamije kugaba ibitero bihambaye ku barwanyi ba ADF, no gusenya ibirindiro byayo.

 

Sean P

NSANZABERA Jean Paul uzwi nka Sean P ni Umwanditsi w’inkuru ufite ubumenyi n’ubushishozi mu ruganda rw’imyidagaduro rwo mu Rwanda , aho amaze kurugiramo uruhare rukomeye kuva mu 2010. Yanakoranye n’itangazamakuru ritandukanye hano mu Rwanda mu gihe kirenga imyaka 15. Afite inyota yo gukurikirana amakuru agezweho no kuyageza ku basomyi mu buryo bwihuse. Ushobora kumumenya no kumukurikira kurushaho unyuze ku mbuga ze nkoranyambaga.

Related Post

Leave a comment

Your email address will not be published. Required fields are marked *