Mu 2025 ni bwo Emmanuel Macron yakubiswe n’umugore we Brigitte Macron ubwo bageraga i Hanoi muri Vietnam, icyo gihe Brigitte akaba yaragaragaye asunika cyangwa akubita mu maso Perezida Macron mu gihe bari bagifungura umuryango w’indege.
Icyo gihe ibiro bya Perezida w’u Bufaransa byabanje kubihakana, nyuma bivuga ko byari urwenya rw’abashakanye.
Ku rundi ruhande umunyamakuru wa politiki wo mu Bufaransa witwa Florian Tardif yavuze ko ibyabaye bifitanye isano n’ubutumwa Perezida Macron yari ari kwandikirana n’umukinnyi wa filime ukomoka muri Iran, Golshifteh Farahani.
Yavuze ko Perezida Macron na Golshifteh Farahani bari bafitanye umubano usanzwe ariko ubutumwa bandikiranaga bwari buremereye ku buryo bwahise buteza ubwumvikane buke mu muryango wa Perezida Macron.


