Mbabazi Shadia wamamaye ku mbuga nkoranyambaga, yagaragaje ko Mike Kayihura ari we muhanzi yemera cyane mu bahanzi bose bo mu Rwanda.
Yavuze ko umuziki we ufite umwihariko wo gutuma abantu bamera neza cyane mu buryo bw’amarangamutima, bitandukanye n’abandi.
Ati “Mike Kayihura ni umwe mu bahanzi nyarwanda nkunda cyane. Umuziki we uroroshye, kandi urihariye mu gutuma abantu bagira amarangamutima cyane. Atanga ikintu cy’umwihariko ku muziki nyarwanda.”


