Umugabo yishe umugore we, Nyuma y’umunsi umwe gusa, bahanye Divorse.

Umugabo wo muri Michigan, witwa Marcus Durayalle Lofton, yafunzwe azira kurasa umugore we Alicia Danielle Lofton akamwica, Nyuma yu’umunsi umwe basinye impapuro zo gutandukana nk’umugore n’umugabo {Divorce}.

Aba bombi basezeranye kuzabana akaramata bakazanatandukanywa n’urupfu muri Gashyantare 2023, Ndetse kuwa 16 Kanama 2023, Alicia ajya gusaba impapuro zo gutandukana mu rukiko. Ngo bitewe nuko umugabo we yamuhozaga ku nkeke ndetse akajya anamukubita mu ijoro. Nyuma hajemo n’amakuru avuga ko uyu mugabo we yaba aryamana n’abagabo bagenzi be, Ibyo byose byaje gutuma ahitamo kumuha Divorce.

Nk’uko inyandiko z’urukiko zibitangaza, ngo Alicia yafashe icyemezo cyo gutangira kwirinda umugabo we kuva muri Gicurasi, Icyo gihe, Marcus yatawe muri yombi, Nyuma yo kuregwa na Alicia ibyaha birimo ihohoterwa rikorerwa mu ngo, Nanone Kuwa 17 Kanama 2023, Abapolisi ba Grand Rapids batabajwe n’amasasu yavugiye mu gace ka Adams Street na Union Avenue aba Alicia na Marcus batuyemo.

Polisi ikimara kuhagera yasanze Alicia yapfuye, aryamye hasi iruhande rw’inzu. Muri ako kanya nk’uko amakuru abivuga ngo yari afite ibikomere byinshi by’amasasu ku mutwe no ku mubiri wose byagaragaraga ko yarashwe amasasu menshi.

Abaturanyi babo ngo bahise babwira Polisi ko nta wundi ufite kuba yakoze ibyo uretse umugabo basanzwe bafitanye amakimbirane, Bidatinze Ku wa gatanu, tariki ya 18 Kanama, Marcus Durayalle Lofton yahise ahamagarwa mu rukiko ashinjwa icyo cyaha cy’Ubwicanyi cyo mu rwego rwa mbere, ndetse n’icyaha cyo gutunga imbunda ari umuturage usanzwe.

Uwo munsi yahise atabwa muri yombi aho agifunguye iyi saha ategereje kuburanishwa kuri icyo cyaha cyamuhama agakatirwa igifungo kijyanye n’icyaha yakoze ndetse kitamuhama akaba yarekurwa agokomereza ubuzima hanze ya Gereza.

Facebook Comments Box

About Author

Recommended For You

About the Author: Admin

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *