“Bagerageje kudutaba, ntabwo bari bazi ko turi imbuto.”-L. Mushikiwabo

Umunyamabanga mukuru w’Umuryango w’ibihugu bikoresha Igifaransa Louise Mushikiwabo yatambukije ubutumwa bukomeza abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi, abibutsa ko abashakaga kubamara batari bazi ko ari imbuto, zizashibuka.

Mushikiwabo avuga ko abashakaga kumara Abatutsi bibeshyaga

Ubutumwa yacishije kuri Twitter yagize ati: “Bagerageje kudutaba, ntabwo bari bazi ko turi imbuto”

Louise Mushikiwabo nawe yabuze abe muri Jenoside yakorewe Abatutsi.

Yavutse muri 1961, umwe mubo mu muryango wari uzwi cyane wazize Jenoside yakorewe Abatutsi muri 1994  ni Landouard Ndasingwa .

Nyuma y’imirimo ya Politiki yakoreye mu Rwanda harimo kuba Minisitiri w’itangazamakuru na Minisitiri w’ububanyi n’amahanga, Louise Mushikiwabo ubu ayobora Umuryango w’ibihugu bivuga Igifaransa witwa Organisation Internatioale de la Francophonie ufite ikicaro i Paris mu Bufaransa.

auto ads

Recommended For You

About the Author: kalisa john

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *