Kendo yashyize hanze amashusho y’indirimbo Tabasamu ayitura abakundana

Umuhanzi  Nzeyimana Kennedy  uzwi nka Kendo  wamenyekanye  mu ndirimbo nka  Turabakumbura ,Keza yakoranye na Racine ni zindi  nyinshi  zakunze na benshi yashyize hanze  amashuso ya  Tabasamu ashimira buri wese  wamufashije kugira ibashe gukorwa .

 Uyu  muhanzi ukunze kugaragaza ko afite  inzozi zo kugeza umuziki ku rwego mpuzamahana nkuko abandi bahanzi bose babyifu  yagize byinshi  adutangariza  ku ndirimbo Tabasamu  yazaniye abakunzi  be .

Mu kiganiro  na Ahupa  Radio  Kendo  yadutangarije ko ari indirimbo yamutwaye  imbaraga nyinshi cyane ndetse n’ubushobozi bubona na bake mu Rwanda kuko yamutwaye akayabo k’amadorali agera  ku bihumbi bitanu by’amadorali , ikintu kitorohera buri muhanzi akaba ashimira  buri wese wagize uruhare  kugira ngo ikorwe .

Tumubajije  impamvu  indirimbo ye  yayise Tabasamu yagize ati n’indirimbo nakoreye abakunzi banjye harimo na abakunda aho yashatse kwereka ko abakundana iyo bishimye igihe  cyose ba bamwenyura  aricyo ishambo  Tabasamu bivuga mu rurimi rw’igiswayire .

Mu gusoza  yongeye  gushimangira  ko mu bituma akunda gukora  indirimbo  imwe akagenda agahugira kuyindi aba ashaka gukora itandukanyirizo n’abandi kaba ariyo mpamvu akora indirimbo mu ndimi nyinshi z’amahanga kugira  inzozi afite zo kugeza umuzi ku rwego  mpuzamahanga zizabe impamo.

Indirimbo Tabasamu  yakozwe ku bufatanye bwa 1000 Hillz Entertainment na World Entertainment Records , naho mu buryo bw’amajwi  ikorwa na Producer Julesce mu gihe amashusho  yatunganyijwe na John Elarts 

Facebook Comments Box

About Author

Recommended For You

About the Author: Jean Paul Nsanzabera

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *