Mico The Best na Kikac Music bahagaritse ibitaramo byo kurwanya igituntu mu ntara zose

Mico The  Best ni umwe mu bahanzi mu Rwanda bakunzwe cyane  mu njyana ya Afrobeat mu minsi ishize nibwo yatangiye ubukangurambaga  bwo kurwanya igituntu aho yateganyaga  kuzeguruka  igihugu  mu bitaramo byo  kurwanya iyo ndawra atiko kugeza ubu yamaze guhagarika  ibyo bitaramo kubera  icyorezo cya Coronavirus cyibasiye isi  muri iyi  minsi.

Tariki 23 Mutarama 2020, nibwo Mico yamuritse ku mugaragaro gahunda yo kurwanya igituntu yiswe ‘Friend to Friend Campaign’, urwo rugamba akaba arufatanyije n’inzu imufasha gutunganya umuziki we ya KIKAC hamwe n’ikigo cy’Igihugu cyita ku buzima (RBC) n’abandi bafatanyabikorwa.

Ubwo  yatangizaga ubwo Mico yatangizaga ubwo bukangurambaga yavuze ko ko igitekerezo cyo kurwanya iyo ndwara yagikuye mu nama yitabiriye ikivugaho, kuko yasanze hari abantu benshi batazi ibyayo, yiyemeza gukangurira abantu kuyirinda.

Uhujimfura Claude uhagarariye KIKAC yadutangarije ibitaramo bisaga bitanu bateganyaga gukorera mu rutrere  dutandukanye mu gihugu  babaye babihagaritse  ko ubu icyo bagiye gukora ari ukwifatanya n’abandi bagakangurira abantu kwirinda Coronavirus yahangayikishije benshi.

Ati “ Ibitaramo byacu byo kurwanya igituntu twabisubitse kubera Coronavirus, ubu ni ugufatanya n’abandi tugashishikariza abantu kwirinda. Tuzajya tubikora mu buryo bwa online cyangwa tujye mu itangazamakuru gutanga ubutumwa.”

Avuga ko ibyo bitaramo basubitse bizakorwa ari uko iyi ndwara yabonewe umuti cyangwa itagihangayikishije Isi.

Ibitaramo bya mbere byari byarabaye basigaje ahantu hake harimo “Nyagatare, Rwamagana, Rubavu, Musanze na Huye.”

Mu mpera z’iki cyumweru nibwo Mico The Best yari butangire ibitaramo bizenguruka u Rwanda byo kurwanya igituntu no gushishikariza abaturage ku kirinda.

auto ads

Recommended For You

About the Author: Kigalihit

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *