Paccy nyuma yo kumenya ko yambuwe ubutore we yahamije ko abufite ko azi ibyo yatojwe

Umuhanzi kazi Oda Paccy  nyuma yo gushyira hanze  ifoto yamamaza indirimbo ye nshya yise Ibyatsi ntivugweho rumwe na benshi , umuyobozi w’Itorero ry’u Rwanda Hon Edouard Bamporiki yasohoye itangazo rivuga ko umuhanzi Uzabumwana Oda Paccy watojwe agahabwa izina ry’Indatabigwi yambuwe ubu butore kubera imyitwarire ye

Muri iri tangazo ryavuye  mu buyobozi bukuru bw’itorero ry’u Rwanda riragira riti  “ ku bubasha ahabwa n’umutoza w’ikirenga wandagije  Itorero  ; ndamenyesha  abanyarwanda  ko uwari waratojwe  agahabwa  izina ry’indatabigwi  mu cyiciro cya kabiri  Uzamberumwana Oda  Paccy ;yambuwe  ubutore kubera imyitwarire  ye  inyuranye n’umuco w’ubutore yari yaratojwe  ndetse ihabanye  n’imihigo yagiranye nabo bahuje izina ry’ubutore

Nyuma yo kumenya ibyiyo baruwa umuhanzikazi Oda paccy yagize icyo ayivugaho aho yagize ati “nanjye mbyumvise gutyo ko nambuwe ubutore kandi iyo umuntu akoze ikosa ararimenyeshwa ariko kuba Hon Bamporiki yawufashe njye nta byinshi nawuvugaho buriya azi impamvu yawufashe .

Yakomeje agira ati “ nzi icyo nagiriye mu  itorero, nzi nibyo natojwe ku buryo ntashobora kubura ubutumwa bwiza  natanga mu banyarwanda ndetse n’igihugu cyanjye.

Njye ndi intore ku mutima kuko nzi icyo nagiriye mu itorero, ibintu bye {Hon Bamporiki} sinabona icyo mbivugaho, ndi intore kuri njyewe nzi icyo natojwe nzi n’ubutumwa ngomba gutanga ku banyarwanda n’igihugu.

 

o Atari ubwa mbere uyu muhanzikazi Oda paccy avuzweho gukoresha amafoto benshi bita ayu rukozasoni .nubwo we ku ruhande rwe iteka avuga ko nta kibi aba agamije 

auto ads

Recommended For You

About the Author: Kigalihit

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *