The Legends babinyujije mu Ihuriro Economic for African Talent barasaba ababyeyi gusigasira Impano z’abana babo

Dr Scientific ni umuhanzi Umaze kumenyekana  cya  mw’itsinda the Legends aho aribanamo na Mugenzi we King The Winner  nubwo muri iyi minsi ari gukoresha ingufu nyinshi ngo asigasire Impano nshya ziri kuzamuka abinyujije mu ihuriro rye yise Economic for African Talent

Ubwo uyu mugabo yaganiraga na Kigalihit mu mpera z’icyumweru gishize yadutangarije byinshi ku mushinga afite  wo  gusigasira  impano  nshya ndetse no gufatanya n’ababyeyi  gukomeza  gushyigikira abana babo bafite Impano  zitandukanye kuko izo mpano ni ubukungu  bw’Afurika.

iyi kompanyi iharanira ubukungu bw’Abanyafurika mu mpano zabo,ntabwo izibanda cyane ku muziki n’ubwo nawo ufitemo uruhare runini,ahubwo ngo izareba kuri buri mpano umuntu wese yaba afite bityo zitabweho zibyazwe umusaruro ziteze bene zo imbere n’igihugu muri rusange.

Ikindi azibandaho muri ryo huriro rye  nukwereka abahanzi bakizamuka ko nibirindi ibiyobyabwenge bizatuma barushaho guhabwa agaciro n’igihugu.

  Tubibutse ko uyu muhanzi  nyuma yo gukorana indirimbo na Amag The Black,Jay Polly Kuri ubu  afite indi ndirimbo nshya hanze yakoranye na Mukadaff bise Nzatuza  mu buryo bw’amajwi akab ayadutangarije ko amashusho yayao azagera hanze mu minsi ya vuba.

auto ads

Recommended For You

About the Author: Kigalihit

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *