
Polisi y’u Rwanda ikorera mu karere ka Huye ifatanyije n’izindi nzego z’umutekano
Tariki ya 09 Werurwe 2020 bafashe umukobwa w’imyaka 22, bamufatana ikiyobyabwenge cy’urumogi ubwo yari arushyiriye umucuruzi wo mu mudugudu wa Kigarama, akagari ka Rango mu murenge wa Tumba.

Umuvugizi wa Polisi mu ntara y’Amajyepfo, Chief Inspector of Police (CIP) Sylvestre Twajamahoro yavuze ko uyu mukobwa yafashwe ubwo bamusangaga kuri rimwe mu maduka yo mu gasantere ategereje nyir’iduka ngo amushyikirize ibyo biyobyabwenge.
Yagize ati “Uyu mukobwa ubusanzwe yari umukozi wo mu rugo. Akaba yarafashwe ubwo bamusangaga ku iduka ategereje nyiraryo ngo amushyikirize ibahasha yari afite yuzuyemo urumogi rukiri ku biti byarwo atari yarufunga mu dupfunyika.”
CIP Twajamahoro yakomeje avuga ko uwo mukobwa akimara gufatwa hakurikiyeho kujya gusaka mu rugo aho aba, baza gusanga hari ibindi biyobyabwenge aho yagize ati “Tukimara kurumusangana, twakurikijeho kujya gusaka mu rugo aho yari atuye tuhasanga ibindi biyobyabwenge tuhasanga ibiro 10 avuga ko ari iby’umukoresha we wari umutumye nawe ugishakishwa mu gihe uwo mukobwa yashyikirijwe urwego rw’ubugenzacyaha rukorera kuri Sitasiyo ya Polisi ya Ngoma kugira ngo iperereza rikomeze.”
CIP Twajamahoro yasoje agira inama abishora mu icuruzwa ry’ibiyobyabwenge guca ukubiri nabyo kuko ari icyaha gihanwa n’amategeko anashishikariza abaturage kujya batanga amakuru kugirango bafatwe bashyikirizwe ubutabera.
Itegeko riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange, ingingo ya 263 ivuga ko umuntu wese ukora, uhinga, uhindura, utunda, ubika, uha undi, ugurisha mu gihugu ibiyobyabwenge cyangwa urusobe rw’imiti ikoreshwa nka byo mu buryo bunyuranije n’amategeko, aba akoze icyaha. Iyo abihamijwe n’urukiko ahanishwa igifungo cya burundu n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda arenze miliyoni makumyabiri ariko atarenze miliyoni mirongo itatu ku byerekeye ibiyobyabwenge bihambaye.