Umuyobozi mukuru wa Airtel Rwanda Amit chawla yatangaje intambwe bateye mu kurwanya COVID-19.

Umuyobozi Mukuru w ‘ikigo cy’itumanaho cya Airtel Rwanda Bwana Amit chawla arishimira  intambwe  ikigo ayobora kimaze  kugeraho mu gufatanya n’abanyarwanda  kurwanya Icyorezo cya Corona Virus gikomeje kwibasira isi no gutwara abatari bakeya .

Mu ibaruwa uyu muyobozi  yageneye  abakiliya  ba Airtel Rwanda Bwana Amit Chawla  yagize ati «  Njye  ku  giti cyanjye  ndashaka kugera  kure  mfatanyije  hamwe n’abakiliya bacu  ko duhashya icyorezo cya Corona virus gikomeje kudutwara  benshi .

 Yagize  ati kandi   ndashaka kubereka neza   ibyiringiro byanjye  kuri buri muntu wese ,umuryango wawe  ndetse n’inshuti  duhaka umutekano  mu ngo zacu , muri iki gihe bitigeze bibaho mu mateka y’isi , ikindi  nuko twese dufatanyije twahagurukira  guhindura ibikenewe byo kugira  iki cyorezo kidakomeza   gufata benshi ,ikindi nuko  twakomeza gukurikikiza  umurongo ngenderwaho turi guhabwa n’Abayobozi  b’igihugu ndetse  n’Umuryango w’abibumbye ryita  ku buzima

Yakomeje agira  ati ndashaka  gufata umwanya  wo kwongera  Gushimangira ubwitange bwa Airtel Rwanda   ifite  mu rwego rwo gukomeza  gukorera abanyarwanda muri Rusange  cyane cyane Abakiliya bayo muri ibi ihe bikomeye isi yose irimo .

Amit chawla  yagize nanone ati  Nkuko abakailiya bacu babizi nyuma y’uko icyo cyorezo cyigereye mu Rwanda inzego za leta  zasabye ibigo byose bikorera mu Rwanda  ko  hari ibyo  bagomba guhindura  byihuse kugira  ngo serivise  za Airtel Rwanda  zikomeza kugera  kuri buri wese nkuko bisanzwe .

Dore zimwe mu  ntambwe  uyu muyobozi  yatangaje ko  bamaze gutera ndetse  nicyo zizamarira abakiliya ba Airtel Rwanda

Nifuzaga gusangira zimwe mu ntambwe twateye nicyo zisobanura ku mukiliya wacu

Airtel Rwanda on Twitter: "Speaking during the launch Amit Chawla ...
  1. AIRTEL MONEY : ku bijyanye  niyo serivise   Airtel yakuyeho   uburyo bwo kwishyura amafaranga   umuntu yoherereza undi muntu , bakuyeho amafaranga umuntu yakatwaga abitsa anabikuza mafaranga  kuri konti ye ya bank akoresha  ibi bikaba  bizakuraho  kuba umukiliya yava mu rugo agiye kubikuza kuri ATM

Indi ntambwe bateye nuko  abakiliya ba Airtel bose bazaba bafite ubushobozi bwo kubitsa no kubikuza  amafaranga yabo guhera kuri 1.500.000   kugera  kuri 4.000.000  ku munsi  ku  amashami ya airtel  mu gihugu  hose   ndetse abacuruzi bose  bakazab bafite  uburyo bwo kubitsa amafaranga yaboIbi byose bakaba barabikoze bashaka  gushyira  mu bikorwa ubukangurambaga  bwo kutagendana  amafaranga  ku mufuka yashyizweho  na guverinoma y’u Rwanda .

2) IBICURUZWA : Muri  iki gihe abantu  benshi bari kwirirwa mu rugo  Airtel yashyizeho  uburyo bworoheye abakiliya bayo bwo  gukoresha  uburyo bw’amajwi ndetse na Interineti igezweho  kandi yihuta cyane  mu gihugu cyose

Bumwe  mu  buryo bw’ubucuruzi  babazaniye harimo  Tera  Stori  iha umukiliya imonota  ihagije  yo kuganira   ku mirongo  yose   mu Rwanda . ikaguha  na  Bundles  za interineti ziguha  urugero  runini n’agaciro  koroheje mu gihugu , ntibibagiwe  na Poromosiyo ya  ya Byose Combo  Pack aho umukiliya uzajya uyigura azajya abona Interinet yihuta kandi ihendutse, guhamagara ku giciro gito n’ubutumwa bugufi  biciye mu ipaki imwe .

Airtel kandi  yahaye  abanyarwanda uburyo bwo koherezaubutumwa  bugufi (SMS) ku buntu kugira ngo bakomeze gushyikirana n’imiryango yabo n’inshuti tutitaye aho bashobora kuba.

Muri iki gihe  cyaje gitunguranye cy’icyorezo cya  Corona virus   cyatumye  abantu amamiliyoni  basabwa gukorera mu rugo  no kwigira  airtel yashyizeho uburyo abo bantu bose  cyane cyane abanyeshuri  bagize ikibazo cyo gukomereza  amasomo yabo mu rugo kugira batazatsinda mu minsi itaha bakaba ku bufatanye na Minisiteri y’ikorabuhanga  na Minisiteri y’ Uburezi  u Rwanda rwabonye uburyo bwo kugera  kuri bimwe mu bikoresho byifashishwa mu kwiga   kuri murandasi  kugira ngo bifashe abanyeshuri kurushaho gutanga umusaruro biga iyakure kuri  uru  rubuga : https://elearning.reb.rw/, https://elearning.ur.ac.rw/ https://elearning.rp.ac.rw/

3) SERIVISI :Bitewe nuko itumanaho ari ngombwa, Airtel yakoze ibishoboka byose kugirango serivise zayo zifungure  buri munsi   kuva 8AM kugeza 3 PM,  Ikindi  nuko abakozi bayo  bakanguriwe  byinshi virusi ya COVID-19 kandi bakurikiza amwe mu mabwiriza  bahabwa mu rwego rwo  kurinda umutekano w’abakiliya mu gihe

Muri make, ibintu bikomeje  gukomera  kandi bigenda bihinduka  dukomeje kwifatanya n’inzobere n’inzego za leta kugirango dukomezekubagezaho serivise nziza uko dushoboye

Mbifurije mwese ubuzima bwiza  nizera ko  tuzakomeza  gukora  ibyo mutwifuzaho  n’ubwo imbogamizi twese dukomeje guhura  nazo nk’igihugu kandi nzi neza ko tuzava muri  ibi bihe  bikomeye  kandi twunze ubumwe.

auto ads

Recommended For You

About the Author: Kigalihit

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *