Bebe Cool agiye gutaramana n’inshuti ze Mu nzu ye nshya iri Entebbe

Moses Ssali  uzwi nka Bebe cool akaba ari umuyobozi mukuru wa Gagamel  ari mu byishimo byinshi nyuma yo kuzuza Inzu ye nziza cyane iri ku muhanda wa Lubowa ugana Entebbe.

Amakuru  yo yuko gutungurana  yavuzwe n’umwe mu nshuti za Bebe Cool ko uyu mugabo  akomeje gutera imbere ndetse no kwitegura  cyane kuzasangira no gutaramana n’inshuti ze ubwo azaba yatashye iyo nzu.

Bebe Cool uherutse gufata Icyemezo mumminsi ishize cyo  kutazongera gutaramira mu ruhamwe  nyuma yo guterwa amacupa n’amabuye ubwo yari mu gitaramo cya Swangza Avenue cyari cyabereye ahazwi nka Lugogo Cricket Oval yavuze ko ari gutegura igitaramo kihariye n’inshuti ndetse na bamwe mubagize Itsinda rya Gagamel bazaba baturutse impande zombi kandi batumiwe .

Uyu muhanzi ukunzwe cyane mu ndirimbo Batidemu  amaze iminsi acecetse  cyane ari kwita ku bikora bye bimuteza imbere  gusa aherutse gushyira hanze amafoto y’iyo nzu yaramaze kuzura maze  bituma bamwe mu birirwaga bamuvuga nabi baceceka kabone ko uyu mwaka yakomeje kugenda  akora ibikorwa byinshi abantu bagiye bamushimiramo .

 

 

auto ads

Recommended For You

About the Author: Kigalihit

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *