Abahanzi Benshi batangaje byinshi ku mashusho y’Indimbo Ubigenza Ute ya Niyo Bosco ufite ubumuga bwo kutabona.

Umuhanzi  Niyo  Bosco ufite  ubumuga bwo kutabona  ariko ufite  impano itangaje   yo kwicurangira Guitar ndetse no kuririmba  yashyize  hanze amashusho y’Indirimbo ye  yise Ubigenza  ute  “ ituma benshi  mu bahanzi benshi  biyemeza kugira icyo  bamufasha.

Iyo ndirimbo  irimo ubutumwa  bureba buri wese  mu buzima mubyo tubamo umunsi  ku munsi  yatumye abantu bose  bayirembye  basagwa n’agahinda  ndetse n’imbamutima nyinshi  kubera  ubuhanga ikoranye  muri abo harimo  abahanzi batandukanye  bakomeye  hano mu Rwanda , Nyuma yo kurba iyo  ndiri bamwe  biyemeje kugira  icyo bazamufasha abandi bamwifuriza amahirwe  muri Muzika  Ye .

Mu kiganiro  na kimwe mu binyamakuru bya hano mu Rwanda Niyo  yagaragaje agahinda kenshi kuba  yakoze indirimbo nziza  ariko akaba atabasha  kuyibona ariko yavuze ko uwamutunganyirije amashusho Bagenzi Bernard  yamutangarije ko indirimbo ye ari nziza kandi abantu  bayikunze .

Yakomeje avuga  ko kuva mu bwana bwe  yakuze  akunda Muzika  cyane  gusa ntiyigeze agira indoor z’uko umunsi umwe  yazakora indirimbo ye ku giti cye  igakundwa  nkuko ari kubibwirwa akaba  yashimiye buri wese  wafashe  umwnya we kugira ngo  impano  ye  ibashe  kugera ku nzozi yagize akiri muto.

Bamwe  mu byamamare  bya hano  mu Rwanda  byagize byinshi bivuga kuri  uyu  musore  umuhanzi aho  Mani Martin, we yavuze ko indirimbo “Ubigenza ute?” ari ‘agahebuzo’ naho Bruce Melodie yasabiye umugisha impano y’umuziki uri muri Niyo Bosco. 

Mike Karangwa uri mu bagize Akanama Nkemurampaka k’irushanwa rya Miss Rwanda 2020, yanditse kuri konti ya Instagram, avuga ko adahagarika kureba iyi ndirimbo asaba ko uyu musore yashyigikirwa iyi ndirimbo ye ikarebwa n’abantu barenga Miliyoni imwe mu gihe gito gishoboka.   

Yagize ati “Mbega impano weeeee. Uyu musore yadukoreye indirimbo nziza bidasanzwe. Melody ni nziza, amagambo ni meza. Iyi mpano y’ u Rwanda tuyishyigikire itere imbere.”

Umunyamuziki Charly yasabiye umugisha buri wese wagize uruhare kugira ngo iyi ndirimbo “Ubigenza ute?” ikorwe. Umuraperi Ama G the Black yavuze ko “Ubigenza ute?” ari indirimbo kandi ko imukoze ahantu.

Si abo  gusa kuko na bandi bantu  benshi  ku mbuga nkoranyambaga bakomeje kwerekana  imbamutima nyinshi batewe  n’uyu musore ukiri  muto ku myaka  20 .

auto ads

Recommended For You

About the Author: Kigalihit

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *