Abajyanama b’umuhanzi Gihozo baratangaza ko batunguwe nibyo urban boys yakoze

Mu mpera z’icyumweru gishize kw’itariki ya 14 Ukwakira 2018  nibwo abasore bagize itsinda rya Urban boys bagombaga kumurikira abakunzi  babo amashusho y’indirimbo yabo Kigali Love mu kabyiniro gakunzwe cyane ka Top Chef.

Kuri uwo mugoroba abo bahanzi ubwo bageraga kuri ako kabyiniro bakagera aho bari bateguriwe basanze hicaye umuhanzi Gihozo Pacifique wari kumwe n’umujyanama we maze  mu gihe kitarenze umunota bahita bimvumbura ngo ntibakwicarana n’umufana wabo kandi  abo nabo bari bahawe ikaze nabateguye icyo gitaramo kuko nabo bari bafite gahunda yo kwamamaza indirimbo y’uwo muhanzi ukizamuka  yashyize hanze mu mpera z’icyumweru gishize .

Nkuko  umwe  mu bakurikiranira hafi  muzika wari uhari yakurikiranye uko kutumvikana kwabo bahanzi nabateguye icyo gitaramo cyagenze yatubwiye ko  umujyanama wa Gihozo yahisemo  gufata umuhanzi we bakikomereza gahunda barimo yo gutanga indirimbo yabo mu tubyiniro  aho yasohotse agasanga bari kumvikana na banyiri akabyiniro.

Nyuma yo kubona ibyo iryo tsinda rikunzwe cyane hano mu Rwanda ryakoze umujyanama wa Gihozo yadutangarije ko yatunguwe no kubona ibintu abahanzi  bakuru bitwa ko bagateye ingufu  abahanzi bakizamuka aribo bahisemo gushaka kumuca intege  bamwita Umufana wabo akaba abona ari ibintu  bidakwiye mu gihe muziki nyarwanda iri kuzamuka   cyane .

Yakomeje avuga ko bo ntacyo byababangamiyeho  kuko gahunda yabo ari ugukorana n’abahanzi bose  bo mu Rwanda mu gihe babona ko hari icyo bizatanga ku muhanzi wabo ndetse no kumuziki nyarwanda .

auto ads

Recommended For You

About the Author: Kigalihit

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *