
Abanyarwenya Prince na George babarizwa mu itsinda rya Comedy Night batumiwe muri Kenya guhagararira u Rwanda mu gitaramo cy’urwenya kiswe Chipukeezy Comedy kizitabirwa n’abanyarwenya bakomeya hano muri Afurika y’Iburasirazuba
Iki gitaramo cyiswe “Chipukeezy Comedy” cyateguwe na Chipukeezy ukunzwe cyane aho mu gihgu cya Kenya ndetse no muri afurika y’Iburasirazuba aho afatanyije na Eric Omondi nawe wo muri Kenya
Nkuko twabitangarijwe n’Umuyobozi wa Comedy Night Babou yadutangarije ko icyo gitaramo kizitabirwa n’Abanyarwenya batandukanye kandi bakomeye bo muri bihugu bya Kenya, Uganda, Tanzania na South Sudan.
Yakomeje atubwira ko mu minsi ishize nibwo babonye ubutumwa buvuye ku munyarwenya Chipukeezy amubaza ko byashoboka ko baboherereza banayarwenya babiri kuva muri Comedy Knight kwitabira igitaramo ari gutegura igitaramo kandi yifuza kubona u Rwanda nk’iguhugu kiri kuzamuka cyane mu kibuga cy’urwenya maze duhitamo gufata Prince na George kuba ribo bazajya guhararira u Rwanda muri Kenya mu buryo bwo gukomeza kuzamura impano kugira ngo nibagerayo bazabone uko baganira na bandi banyarwenya kabone ko nko kuri Prince we bizab ari ubwa mbere agiye gukorera igitaramo hanze y’ u Rwanda.
Tumubajije ubunararibonye bazakura muri muri iki gitaramo yatubwiye ko ibintu by’agaciro cyane kuba u Rwanda bararuhisemo kwitabira icyo gitaramo bakaba bizeye ko George na Prince bazitwara neza kandi bakazagira mahirwe yo kugirana imikoranire nibyo byamamare bikomeye mu mu Karere .
Ku ruhande rwa Babou twamubajije icyo we ahishiye abanyarwanda muri uyu mwaka wa 2020 atubwira ko afite imishinga mynshi harimo umushinga wo gukora udufilime tugufi ariko tw’urwenya mu rwego rwo gusangiza abakunzi b’Urwenya byinshi batarinze gutegereza ko baza mu bitaramo., Ikindi nuko afite undi mushinga wo gukora indirimbo ze vuba aha aho nazo azazikora mu buryo bw’Urwenya .

Prince uzaba ahagarariye u Rwanda we yadutangarije ko ari ibyishimo bikomeye kuri we kuko ari ubwambere agiye kujya gusetsa hanze y’igihugu by’umwihariko mu gitaramo kizaba kirimo abanyarwenya benshi, babahanga kandi baturutse ahantu hatandukanye.
Yavuze ko imyiteguro ayigeze kure, ateguza abakunzi b’urwenya bo muri Kenya bazitabira iki gitaramo ko azabasusurutsa mu nzenya zitandukanye kuburyo bazajya bahora bibuka abanyarwenya bo mu Rwanda.

George uzajyana na Prince nawe yashimangiye ko gutumirwa muri iki gitaramo ari ibyishimo bikomeye kuko bigaragaza ko Comedy yo mu Rwanda yatangiye kurenga imbibi.
Uyu musore wamenyekanye cyane muri show yitwa ‘Aca wewe’ yatambukaga ku Igihe TV, avuga ko nubwo amafaranga ataraba menshi muri uyu mwuga wo gusetsa ariko iyo ubikora neza ugashyiramo n’imbaraga urayabona. Abanyakenya ngo bamwitege kuko azabasetsa bihambaye.
Iki gitaramo ‘Chipukeezy Comedy’ kizabera mu mujyi wa Nairobi, ku itariki ya 14 Gashyantare 2020.ahazwi nka Urban Burger capital Center