Abavuga ko Safi yavuye muri The Mane bari kubeshya : Arstide Gahunzire

Mu ntangiriro z’iki cyumweru umuhanzi Niyibikora Safi madiba ukorera  umuziki mu nzu ifasha abahanzi Jay Polly, Queen Cha, Marina na Calvin Mbanda  , yashyize hanze indirimbo ye nshya yise Ntimunywa  ariko bitunguranye  muri iyo ndirimbo  kahagaragaramo ijambo  Nukuri Music  .

Nyuma yo  gushyira hanze  iyo ndirimbo abantu benshi bakabonamo ijambo baketse ko ari inzu  nshya uyu musore  yaba yagiye gukoreramo yitwa Nukuri  Music ,bahise bivugwa cyane ku mbuga nkoranyambaga  ko uyu  musore  yaba yasezeye  mu nzu imufasha ya The Ben kubera ko  ngo hari  ibyo baba batari kumvikanaho nko kuba  uyu muhanzi yaba ari mu bahanzi batinjiriza agafaranga  iyi nzu nkabandi ahubwo ko  we abashaka kwiberaho mu buzima buhenze  cyane .

Ibi  byakomeje kuvugwa gutyo  kigalihit.rw  yegereye safi Madiba imubaza niba koko inkuru iri kuvugwa ko  yaba atakibarizwa muri The Mane amaze igihe kinini akorera adusubiza ko abantu  bari inyuma y’izo nkuru bari kubeshya abakunzi kandi abona ko bari kumuhesha isura  mbi.

Tumubajije impamvu mu ndirimbo ye  nshya  ntimunywa yakoranye na Dj Marnaud  ariko kahagaragara izina rya Kompanyi itunganya muzika ya  Nukuri  Music . yadusubije  ko  iyo kompanyi ntaho ahuriye  nayo .

Nyuma yo kuganira na Safi madiba twegereye  umuvugizi wa The Mane  Gahunzire Arstide  agira icyo adutangariza kuri ayo  makuru akomeje  kuvugwa  muri  Label yabo  ko baba  batagikorana na  Safi Madiba .

Artside  nawe  yunze mu rya Safi  agira ati  Nukuri  ni ijambo  Safi akunda gukoresha cyane  iyo ari kumwe n’inshuti ze  yakoeje atubwira ko uyu muhanzi  agifite amasezerano  muri The Mane agera ku mwaka  umwe .

Tubamneyeshe ko indirimbo Ntimunywa yakozwe na Producer Knoxbeat mu buryo bw’amajwi naho  amashusho atunganywa  na Bernard   Bagenzi

auto ads

Recommended For You

About the Author: Kigalihit

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *