Ali Kiba arashinja abakozi ba Diamond kumwiba Instagram ye bakabeshya abantu

Umuhanzi Ali Saleh Kiba uzwi cyane nka Ali Kiba muri Tanzania  mu minsi ishize byakomeje kuvugwa cyane ko azitabira  iitaramo bya Wasafi Festival 2019  ariko we  aratanga ko abakozi ba Diamond  bamwibye  urubuga rwe rwa Instagram.

 Uyu muhanazi ibi yabitangarije mu kinyamakuru kimwe  cyo muri  Tanzania aho yagize ati “ mwakomeje kumva amatangazo avuga ko nzitabira bitaramo bya wasafi festival 2019 bya Diamond  kandi mu by’ukuri  njye ntabyo nzi na gato .

Yakomeje agira ati njye  ndahamya ko urukuta rwanjye rwa Instagram rwibwe  kuko ubwo butumwa  bagiyeho bigaragaza ko arinjye  wabushyizeho mvuga ko nzitabira  ibyo bitaramo kandi atari ukuri .

Ali Kiba yasoje abwira abakunzi be ko ibyo byose  babonye atari we wabyanditse ko  nta na gahunda afitanye na Wasafi yo kuzitabira ibyo  bitaramo ahubwo ko ahugiye  mu mishinga ye  mishya agiye kuzajya  akorera  mu nzu nshya  ya Harmonize utakivuga rumwe na Wasafi yitwa Kode  Boy .

Inkuru yanditswe na Mpano Nadia

auto ads

Recommended For You

About the Author: Kigalihit

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *