
Kuri uyu wa gatandatu tariki ya a19 Mutarama 2019 nibwo umunyamakuru akaba n’umuhanzi Ally soudy aherekejwe na bamwe mu bo bakoranye mu kiganiro Sunday n’ibindi byamamare baganirije abanyeshuri ba Nyundo music School na St Joseph I Kabgayi ku bijyanye n’inzira baciyemo .
Kw’isaha aya saa ine nibwo Ally Soudy aherekejewe na Kabengera Claude , Plaisir Muzogeye,Nzeyimana Luckman uzwi nka Lucky ukora kuri Televiziyo y’U Rwanda ,Miss Hirwa Honorone wamenyekanye nka Gisabo,Umutoni Assia ukina sinema,,Abayobozi ba Kikac Music bari bageze I Muhanga aho iryo shuri rikorera bakihagera bakiriwe n’U.muyobozi Mukuru Bwana Muligande Jaques uzwi nka Mighty Popo yabahaye ikaze .
Ubwo ibiganiro byatangira Ally Soudy yatangiye asobanurira abo banyeshuri inzira ndende yagiye anyurama kuva akivuka kugeza ubwo yasozaga Kaminuza agatangira gushaka uko yahindura inzozi ze impano ibintu byaje kumuhira agenda akora imirimo itandukanye ahant henshi harimo amaradiyo kugeza ubwo za nzozi ze yifuzaga kugera ubu akaba ari icyamamare gikunzwe hano mu Rwanda .
Ally Soudy niho yakomoje asaba abo banyeshuri bose b’ibigo uko ari 2 ubu ubwo bafite amahirwe yo kuba bakicaye bakagombye gutangira gutegura uko inzozi zabo bazazibyaza Impano bagatangira gutegura imbere habo heza , yaboneye no kubasaba gukoresha amahirwe birinda ibiyobyabwenge ndetse n’ubusabane .
Nyuma ya Ally Soudy hakurkiyeho Umufotozi wabigize umwuga Plaisir Muzogeye nawe abasangiza byinshi yagiye akora kugeza aho yisanze asigaye ari umwe mu bakunzwe cyane we yabasabye ko kugira ngo ugere kucyo wifuza ugomba kuba abikunda rero yabasabye gukunda gukora cyane kuko akazi kazabahindurira inzozi.
Miss Hirwa Honorine nk’umwe mu bakobwa baciye mu nzira zikomeye abasangiza ku buzima yabayemo ubwo yaciyemo ubwo yari mw’irushanwa rya Nyampinga w’U Rwanda aho we yavuyeyo afite gahunda yuko inzozi ze agomba kuzihindura Impano akaba yaraje kubigeraho mu bintu atateerezaga kuri ubu arishimira aho ubuzima bwe buri , mu nama yagiriye abao banyeshuri yibanze cyane cyane ku bakobwa aho yabasabye ko batagomba kwitwara nabi ahubwo ubwiza bafite bazabufate nk’inzozi maze zibabere impano kuko bazagera aho bifuza .
Mu bandi bafashe Ijambo harimo Nzeyimana Luckman ,
Assia Umutoni naba bandi bose bagarutse kw’ijambo gukunda Umurimo kuko aribyo
bizabageza aho bifuza mu buzima bwabo .
Mu gusoza ibyo biganiro umuyobozi mukuru wa Nyundo Music School yashimiye cyane Ally soudy na bagenzi be abashimira igitekerezo cyiza bagize cyo gusangiza ubunararibonye barumuna babo , yanabashimiye umwanya wabo bafashe bagasura ishuri ayobora .
Nyuma yo gusura ishuri rya Muzika rya Muhanga Ally Soudy bakomereje urugendo rwabo mu kigo cya Mutagatifu Yozefu aho naho bakiriwe n’abanyeshuri benshi nabo babaganiriza uko bashobora kubyaza inzozi zabo ibintu byiza .
Ahagana kw’isaha ya Saa kumi n’imwe Mike Karangwa yaje kwiyunga kuri bagenzi be nawe maze abagira inama zuko bagomba kwitwara mu gihe bagifite umwnya wo Kwiga kugira ngo bamenye ko inzozi bafite zishobora kuzaba Impamo bakaba abantu bakomeye cyane ndetse banakunzwe cyane
Abanyeshuri bo mw’ishuri rya Muzika rya Nyundo bumva inama bagirwaga na Ally Soudy Plaisir Muzogeye yababwiye uko yakunze umwuga wo gufotora Claude Kabengera nawe yaje kwifatanya na Ally Soudy Mutoni Assia uzwi muri Sinema yababwiye byinshi ku buryo yageze aho ari ubu Nzeyimana Luckman wo kuri RBA nawe yabagiriye inama ababwira uko yabaye umunyamakuru ukunzwe cyane Miss Honorine yabasbye kwirinda ubusambayi Miss Hirwa Honorine yabagiriye Inama zatumye benshi bamuha amashyi Dr Kintu yababwiye ko gukunda akazi aribyo bizabateza imbere Umwe mu bayobozi ba KIKAC Music yasabye abanyeshuri bo ku Nyundo ko ibyo bazaba byo babifite mu biganza byabo Muligande Jaques Uzwi nka Mighty Popo yashimiye abashyitsi ku nama nziza bagiriye abana be Baszeye ku bashyitsi babereka ibyo biga Uyu mwana mukobwa yashimishije benshi mu bashyitsi kubera ijwi ryiza Abakobwa bo ku nyundo barerekana ko muzika nyarwanda ifite aheza imbere Ally soudy na Bagenzi be bafashe ifoto n’abanyeshuri bo Nyundo bafashe ifoto y’Urwibutso
????????????????????????????????????
Urugendo Ally Soudy avuga ko yarutangije agamije ahanini gufasha urubyiruko kwagura inzozi zabo ndetse no kuzigeraho mu buryo bworoshye ariko kandi bwiza. nyuma ya Nyundo Music School na St Joseph Kagbayi biteganijwe ko kuru iki cyumweru urugendo rukomereza mu ishuri rya APAPEC Murambo
Amafoto : Nsanzabera Jean Paul &Babou _Daxx