Ally Soudy ku bufatanye na Kikac Music n’izindi nshuti z’abahanzi bakoze igikorwa cyo gushishikariza urubyiruko gukora cyane no gutegura ejo heza Habo .

Muri iki gihe  umunyamakuru Ally Soudy ari mu biruhuko mu Rwanda   yongeye kwihuza n’inshuti ze  ngo bongere  bashishikarize urubyiruko  ndetse n’abanyeshuri  kumenya ikintu cyiza cyatuma bazatera imbere batagendeye ku mateka yahahise  ndetse no kurwanya Ibiyobyabwnege bibashora mu mico mibi y’ubusambanyi ituma benshi mu bana b’abangavu batwara Inda batateguye,

Kuri uyu wa gatatu tariki ya 16 Mutarama 2019 Ally Soudy n’inshuti ze zirimo abahanzi Mico The Best ku bufatanye n’ubuyobozi bwa Kikac Music  basuye ikigo cyigisha ibijyanye n’amahoteli cya Kigali Leading TVET School kiri mu kagali ka Kora mu murenge wa Gitega aho abenshi bazi nko kuri ETM  babasha kuganiriza abanyeshuri bo muri icyo kigo biga ibijyanye n’ubukerarugendo ndetse n’amahoteli babashikariza  kwiga neza ndets eno gutekereza ku buzima bwabo bw’ejo batitaye ku buzima baba baraciyemo.

Ku ruhande rwe Ally Soudy  yaganirije amwe mu mateka yuko yakuze yiga  mu buzima bwiza ariko bikaza kurangira ibintu byose nyuma ya Jenoside bikamusaba gukora cyane kugira abe ari umwe mu bantu bafata nk’icyamamare mw’itangazamakuru.  Akaba yabasabye rero gufata umwanya bafite ubu bakawukoresha neza kugira bazagire imbere habo  heza birinda ibyo bishukano byose byugarije u Rwanda .

Mico the Best na M 1 bamwe mu bahanzi bakunzwe cyane  nabo bagiye bagaruka ku buzima  bagiye bacamo mu buzima  busanzwe ariko bakaba baraje gukoresha ingufu nyinshi bagaca mu nzira zose zikomeye babinyujije mu kwiga neza bakaba bishimira aho bari  muri iki gihe bataratekerezaga ko bazavamo ibyamamare  bakba nabo barabashishsikarije kugira ikinyabupfura, kureba kure no kwiga cyane  kugira ubuzima bwabo buzabe bwiza  mu minsi imbere.

Nyuma y’ibyo biganiro  Ally soudy  yashyizeho igihembo mu rwego rwo kugira ngo buri munyeshuri agire icyo avuga ku mushinga we afite ejo hazaza binyuze mubyo bari bamaze kuganirizwa nabo bashyitsi aho benshi bagiye bagavuga imishinga yabo bazakora imbere bitewe nibyo bazaba barize mw’ishuri .

Mu Kiganiro n’Umuyobozi wa Kigali Leading And TVET School Habimana Alphonse  yatangarije itangazamakuru ko iki gikorwa cyateguwe na Ally Soudy  cyari kigamije  gushishikariza urubyiruko bakiga neza   bagamije kuzabyaza umusaruro ibyo bize kandi bakabitangira bakiri ku ntebe y’ishuri ,niba koko umwana akiri ku ntebe   afite indoto yo kuzaba umushoramari  akabitangira hakiri kare yitangira kuzagira imbogamizi .

Yakomeje avuga ko icyo gikorwa cyari icyo guha ubutumwa abanyeshuri babo kwirinda ibiyobyabwenge  bishobora kubajyana  mu mico mibi irimo n’ubusambanyi no guta umurongo wo kuzaba  ba rwiyemezamirimo  nkuko babayifuza .

Ally Soudy  ubu akaba yongeye kubyutsa ibikorwa bye kw’ikubitiro bahereye muri Kigali Leading TVET School , bakaba ku munsi w’ejo bazakurikizaho Groupe Scolaire du Mont Kigali izwi nka APACE .

Loading

Facebook Comments
Share Button

Subscribe now

k

auto ads

Recommended For You

About the Author: Kigalihit

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *