Amahirwe mbonye muri The Mane nzayabyaza umusaruro :Calvin Mbanda

Mbanda  John Calvin ni umusore ukiri muto cyane wagaragaje impano ye  yo kuririmba mu marushanwa yateguwe  n’inzu ifasha bahanzi ya The Mane  isanzwe ifasha abahanzi Jay Polly, Safi Madiba, Queen Cha na Marina.  Yatanagje ko amahirwe yahawe agiye kuyabyaza umusaruro.

Ibi uyu   musore yabitangaje  nyuma yo  gutsind a iryo rushanwa  ryateguwe na The Mane mu rwego rwo gushaka abana bakiri bato  bafite impano yo  kuririmba ,uyu musore wavukiye  mu mujyi wa Kigali  mu murenge wa Kimisagara mu mwaka 1999 yasoje amasomo ye yisumbuye  umwaka ushize mw’ishuri rya APICUR i Musanze .

Calvin   yasinyishijwe amasezerano yo gukorana  n’inzu ya The mane   mu gihe kitabashijwe gutangazwa kuko  mu bihembo yahembwe harimo kuzajya afasha gukora  indirimbo mu buryo bw’amashusho ndetse n’amajwi  ubundi  bikamamazwa mu binyamakur bitandukanye  hano mu Rwanda nta yindi  mvune agize .

Mu kiganiro na Gahunzire Arstide  umwe mu bajyanama muri The Mane  yadutangarijke yuko   uyu mwana yasinye amasezerano  y’igihe kirekire  kandi bakaba bagiye kumufasha gukomeza kugaragaza impano ye

Tumubajije ku bijyanye n’indirimbo ze yadutangarije ko uyu musore ubu indirimbo ye ya mbere  izajya hanze  mu mperza z’iki cyumweru  mu buryo bw’amajwi  naho amashuso nayo akashyirwa  hanze  mu minsi mike.

auto ads

Recommended For You

About the Author: Kigalihit

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *