Asinah Erra mu ndirimbo ye Turn up yagaraje ko nta kibazo afitanye na Riderman

Nyuma y’imyaka isaga ine  mu itangazamakuru  havugwa amateka y’umuhanzikazi Asinah n’uwahoze ari mukunzi  we Riderman bongeye kwerakana ko  nta kibazo bafitanye ahubwo bifuza guteza imbere muziki nyarwanda  aho bakornye indirimbo Turn Up  .

Kuri uyu wa kabiri tariki ya 22 Ukwakira 2019 uyu muhanzikazi ukunzwe cyane mu njyana ya dancehall yatangaje byinshi kuri iyi ndirimbo benshi bunvaga ko igihe yayitangarije byari ukubeshya cyangwa gukomeza gukurura abafana b’umuziki we .

Asinah yagize ati “intego y’iyi ndirimbo ahanini byari uguhuza abahoze ari inshuti ze na Riderman zatandukanye nabo ubwo urukundo rwabo rwashyirwagaho akadomo n’ubukwe  bwe .

Yakomeje agira ati “Mwese amateka yanjye na we murayazi uko byagenze, ku ndirimbo naricaye ntekereza icyatuma abantu naba naratakaje cyangwa  na we abo yatakaje ni gute twabahuriza hamwe. Nibwo nibajije ko ni ndamuka nihuje nawe nabo ngabo bashobora kugaruka.”

Ku bijyanye n’ubuzima bwe bwa muzika na Riderman abajijwe ku makuru bivugwa yuko yaba yaravuze ko amakuru yose avugwa  ko yaba ari mu bantu bifuza ko urugo rwe rwasenyuka ,Asina yasubije ko ibyo ari ibihuha ari bamwe mu banyamakuru bayanditse uko babishaka  kandi ikindi akaba ymva yuko kuba yasenyera uwahoze ari umukunzi we nta nyungu abifitemo kuko atamusenyera ngo babane  kuko byaba biteye isoni .

Abajijwe impamvu  Riderman wumvikana muri iyo ndirimbo ataragaragaye mu mashusho yayo  yasubije ko babiganiriyeho  kandi  akaba abona nta kibazo kirimo cyane  kuko we icyo yifuzaga byari uko bakorana indirimbo kugira bongere  bigarurire abafana babo bari baragiye batandukana .

Mu gusoza ikiganiro Asinah yashimiye buri wese  witabiriye ikiganiro ndetse nashimira Riderman benshi bakomeje kugenda bavuga ko bafitanye ibibazo gusa  akaba yarerekanye ko nta kibazo kiri hagati ye  nawe  bikaba ari ibyagaciro cyane gukorera hamwe  kuko bizatuma muziki  nyaranda itera Imbere

Tubibutse ko Iyi ndirimbo yabo ‘Turn Up’ mu buryo bw’amajwi yatunganyijwe na Holly Beat, amashusho akorwa na Julien Bm Jizzo.

Facebook Comments
Share Button

auto ads

Recommended For You

About the Author: Nsanzabera Jean Paul

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *