Auddy Kelly nyuma y’igihe adakora muzika yashyiriye hanze icyarimwe indirimbo 5 zihimbaza Imana

Umuririmbyi Audace Munyangango uzwi  Auddy Kelly, umenyerewe mu ndirimbo ziri mu njyana ituje ndetse  na gakondo  nyuma y’igihe adakora muzika yashyiriye hanze rimwe indirimbo eshanu zihimbaza Imana .

Uyu muhanzi wakunzwe mu ndirimbo nka ‘Ndakwitegereza’, ‘Sinkakubure’, ‘Ndamutse’, ‘Ruzakugarura’, ‘Nhoraho Mana’ ihimbaza Imana, ‘Ibyumve’ n’izindi nyinshi .

Nkuko yabidutangarije uyu musore w’igikundiro  yatubwiye ko impamvu yashiriye hanze rimwe izo ndirimbo ari uko yari afitiye ideni abakunzi kandi kuva yazirangiza atifuzaga gukomeza kuzibika  kuko abantu benshi  bakomeje kugenda bamusaba indirimbo .

Yakomeje agira ati ubu  indirimbo zanjye uko ari eshahu  nazishyize  kuri shene  ya youtube  kugira ngo abakunzi be babashe kuzibona kuko uri iyi minsi afite indi mishinga ikomeye ari gukora , indirimbo yashyize  hanze  ni Igitangaza”, “Imvura”, “Arakomeye”, “Reka nkubyinire” ndetse na “Umuvandimwe”.

Imwe muri izo  ndirimbo Auddy Kelly yashize  hanze yakoranye n’umuhanzi kazi Jody Phibi  byigeze kuvugwa ko bari mu rukundo nubwo benshi batamenye uko iby’urukundo rwabo byaje kurangira , ibi nabyo byatumye twongera kumubaza impmvu ariwe yakoresheje mu ndirimbo  “Imvura “

Auddy  yatubwiye ko yifashishije Jody Phibi mu ndirimbo “Imvura” nk’umuhanzikazi bakoranye igihe kinini ndetse ko yari akeneye ijwi ry’umukobwa muri iyi ndirimbo y’iminota ine n’amasegonda 33’.

Auddy ati “Jody Phibi naramwiyambaje mubwira ko hari indirimbo ya ‘Gospel’ nifuza ko hajyamo ijwi ry’umukobwa ubishoboye wamfasha. Yaraje aramfasha, ntabwo yangoye.”

Muri izi ndirimbo eshanu harimo kandi indirimbo yise “Umuvandimwe” iri mu gitabo cy’umukrisitu yasubiyemo ku busabe bw’umubyeyi ‘uyikunda cyane’.

Uyu muhanzi aritegura gushyira hanze indi ndirimbo nshya mu byumweru bibiri biri imbere yakozwe na Producer Made Beat izasohokana n’amashusho yayo.

auto ads

Recommended For You

About the Author: Kigalihit

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *